Robertinho yareze Rayon Sports

HABIMANA Sadi
1 Min Read

Nyuma yo kumusezerera imushinja uburwayi bw’amaso, Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo uzwi nka Robertinho, yatanze ikirego mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, asaba kumwishyuriza.

Ku wa 14 Mata 2025, ni bwo Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports bwafashe icyemezo cyo guhagarika Umutoza Mukuru, Umunya-Brésil Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo ‘Robertinho’ n’Umutoza w’Abanyezamu, Mazimpaka André, kubera umusaruro muke.

Gusa nyuma gato y’aya makuru, Gikundiro yahise itangaza ko yahagaritse uyu mutoza kubera uburwayi bw’amaso n’ubwo we yabiteye utwatsi.

Amakuru mashya UMUSEKE wamenye, avuga ko uyu Munya-Brésil, yamaze kurega Rayon Sports muri Komisiyo Ishinzwe Gukemura amakimbirane muri FERWAFA.

Robertinho yasabye kwishyurizwa amafaranga aberewemo n’iyi kipe angana n’ibihumbi 20$ ahwanye n’amezi ane atahembwe.

Iyi kipe yo mu Nzove iyoboye urutonde rwa shampiyona by’agateganyo n’amanota 59. Izasura Bugesera FC ku wa 17 Gicurasi 2025 mu mukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona.

Robertinho yareze Rayon Sports muri FERWAFA

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment
  • Abanyarwanda twige amategeko ya footbaal . Mwirukanye UMUTOZA championnat Igiye kurangira none mwanze kumwishura cash ze mwibagirwa nibigwi yabakoreye. Prosper Ube tayari kwishura roberhtnyo kuko niwe nyira bayazane Kuri ayo manyanga yo kwirukana UMUTOZA.

  • UMUTOZA urwaye muramwirukana? Cyangwa mura murwaza . Ese mwamuhaye AKazi arwaye ? Arabatsinda mutangure kumwinginga kumwishura mu bice rayon itunzwe na kanyenyeri mutabizi none none murikururira ibibazo.

  • Oya Abavugako Rayon Sports Ifite Ibibazo Baribeshya ! Rayon Sports Dufite Ukuntudutwaza Ibyacu Roberitinyo Turamwishyura. Naharingingo Faransisi Twaramwishyuye Habura Iminotamike Ngo Isoko Ryigura Nigurisha Ngorifunge Muri
    Rayon Sports
    Ntagikuba Cyacitse .

Leave a Reply to Rukundo Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *