Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yahaye Kiyovu Sports uruhushya (International Transfer Certificate) ruyemerera kwandikisha Amiss Cédric wakinaga muri Arabie Saoudité.
Uko iminsi yicuma, ni ko Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bukomeje gushyira ku murongo ibibazo bitandukanye kugira ngo ikipe izatangire neza shampiyona 2025/2026.
Mu gihe mu mwaka ushize Kiyovu Sports itari yemerewe kwandikisha abakinnyi kubera ibihano yari yarafatiwe na FIFA kubera abari abakozi ba yo bayireze.
Nyuma yo kubikemura byose, Kiyovu Sports ubu yatangiye kwisuganya ishaka abakinnyi beza bazayifasha mu mwaka w’imikino 2025/2026.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, ryamaze kumenyesha iriyobora Ruhago mu Rwanda, Ferwafa, ko Kiyovu Sports yemerewe kwandikisha Amiss Cédric wakinaga muri Arabie Saoudité.
Uyu Murundi yakiniraga Al-Qadsiah FC yo muri Arabie Saoudité. Ishyirahamwe rya Ruhago muri iki gihugu, ryamenyesheje Ferwafa ko iyi kipe yarekuye Amiss.
Uyu mukinnyi w’imyaka 35, yari yasinyiye Urucaca amasezerano mu mwaka ushize ariko kumwandikisha ntibyakunda kubera ibihano FIFA yari yarafatiye iyi kipe yo ku Mumena.
Kuri ubu, Kiyovu ikomeje kwiyubaka ishaka abeza bazayifasha guhangana muri uyu mwaka w’imikino 2025/2026.


UMUSEKE.RW



MISS MANAGEMENT CASH NA RECRUTEMENT MUHAYE CEDRICK RAYON YARAMWANZE YAGAHEMBYE ABAKINNYI BAKIRI BATO NKA 5 .VILLE DE KGL IGYE ITANGA CASH IKORE NA SUIVIE KUKO MU MEZI 2 KIYOVU IRONGERA GUKOMANGA ISHAKA CASH IMISORO YACU IRAFYA UBUSSA KABISSA.NIMUYIREKE IMANUKE MU GIHE GITO IRONGERA IKOMA NGE ISABA CASH.INJAULO GUSSA NIZO ZIGIYE GUSENYA KIYOVU BURUNDU .THX