Ishuri ryigenga ryafashwaga n’umugiraneza agapfa ryeguriwe Leta

Elisée MUHIZI
3 Min Read

Muhanga: Ishuri ryigenga ry’abakobwa (Ecole Sécondaire Scientifique des Filles de Hamdun Bun Rachid) ryeguriwe ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga.

Iri shuri ryigenga ry’abakobwa (ESSFIH) rihereeye mu Mujyi wa Muhanga, mu Murenge wa Nyamabuye.

Abanyeshuri  bishyurirwaga minerval, abarimu bagahembwa imishahara bivuye ku muterankunga wo mu gihugu cya Dubai.

Aho uwo munyamahanga apfiriye, abamuhagarariye bandikiye Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda bayibwira ko nta bushobozi bushingiye ku bukungu buzongera guhabwa iri shuri, ahubwo ko bagiye gusigarana Ishuri ryisumbuye ry’i Nyamirambo, bityo  ibikorwa bahakoreraga bigasigara mu maboko ya Leta.

Bamwe mu bahakora bavuga ko bafite impungenge, abanyeshuri bahiga baturuka mu miryango itishoboye ku buryo kubona amafaranga batanga y’ishuri bizabagora kubera iyo mpamvu, ndetse ko kwigira ubuntu bitazaborohera kuko ubusanzwe bigaga bafite ubishyurira, kandi ko ari ubuyobozi bw’Akarere bwahitagamo abatishoboye bagomba kwiga kuri iki kigo.

Umwe yagize ati: ”Mwatubariza niba aba banyeshuri bazakomeza kwigira ubuntu n’aho imishahara y’abarimu izava kuko turi mu gihirahiro.”

Bamwe mu bakozi b’iri shuri bavuga ko nta biganiro cyangwa inyandiko inzego zifite uburezi mu nshingano zirabagezaho kugeza uyu munsi, usibye amakuru bumva n’amabwiriza Akarere katanze gasaba Ubuyobozi bw’ishuri kudatangiza umwaka wa mbere, ndetse n’uwa kane.

Mugenzi we yakomeje agira ati: ”Twebwe abarezi ntabwo tuzi niba uku kwezi tuzahembwa umushahara wacu, kuko usibye umushahara w’uku kwezi kwa Nzeri, duheruka guhembwa mu kwezi kwa 6.”

Umuyobozi wungurije Ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Muhanga, Mugabo Gilbert yabwiye UMUSEKE ko bakimara kumenya ko inkunga yahagaze begereye Umuvugizi wa AlMaktoum Foundation ari na wo muryango uhagarariye ibikorwa bitandukanye birimo n’iri Shuri ryigenga ry’abakobwa, Akarere kamugira Inama yo kwandikira MINEDUC bayigezaho uko ikibazo giteye arabikora.

Ati: ”Minisiteri y’Uburezi yemeye ko iri Shuri rijya mu yandi mashuri ya Leta bityo abakozi bakazajya bahembwa kimwe n’abandi barimu bakora mu mashuri ya Leta.”

Gusa uyu Muyobozi avuga ko amasezerano y’uyu muryango wishyuriraga abarimu n’abanyeshuri azarangirana n’ekwezi kwa 12 uyu mwaka wa 2025, noneho Ubuyobozi bukareba abujuje ibisabwa kugira ngo babe ari bo Leta ikomeza guhemba, abandi batazaba babyujuje bazasezererwa hakurikijwe amategeko.

Mugabo avuga ko ku bijyanye n’abanyeshuri bishyurirwaga minerval, Akarere kazabisuzuma, abo bigaragara ko batishoboye koko babahuze n’andi mahirwe ahari bakomeze kwiga.

Ishuri ryigenga ry’abakobwa ryatangiye mu mwaka wa 2002, kuva icyo gihe kugeza uyu mwaka ushize w’amashuri abakobwa baryigamo ndetse n’abarezi bishyurirwaga amafaranga y’ishuri, abarimu n’abakozi bagahembwa n’umuryango wari urifite.

Mu banyeshuri 341 bahigaga uyu mwaka ushize, 80 muri bo ni bo batangaga amafaranga y’ifunguro gusa.

Kuva iri Shuri ryafungura, abarangije umwaka wa 6 w’amashuri abanza batsinze ikizamini cya Leta, ndetse n’abarangije icyiciro rusange (TC) ntabwo bigeze bahabwa amahirwe yo kwimukira mu mwaka wa 4, usibye abiga mu mwaka wa 2, uwa 3, umwaka wa Gatanu ndetse n’umwaka wa gatandatu.

Bamwe mu bana baryigamo ntabwo baramenya niba bazakomeza kuryigamo batishyura amafaranga y’ishuri nk’uko byahoze

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Muhanga.

Share This Article
Leave a Comment
  • Umuntu wirukanye wa musaza wariyoboraga niwe utumye rifungwa. Ngo yari intagomd am ariko narumiwe. Abafata ibyemezo, plz, mujye mureba neza hari igihe muhemukira igihugu mwibeshya ko mugifasha

  • Fantastic beat ! I wish to apprentice at the same time as you amend your site, how can i subscribe for a blog website? The account aided me a appropriate deal. I had been a little bit familiar of this your broadcast provided vibrant transparent concept

Leave a Reply to Lambada Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *