Muhanga: Urubanza rw’Umwunganzi mu mategeko (Avoka) ukekwaho gusambanya umwana rwashyizwe mu muhezo nyuma y’impaka zitoroshye.
Urubanza rwashyizwe mu muhezo nyuma y’impaka nyinshi hagati y’Ubushinjacyaha n’abunganzi batatu bari ku ruhande rw’uregwa.
Haburanishwaga ubujurire ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye rwari rwahaye uyu mwunganizi mu mategeko akajuririra icyo cyemezo.
Mu cyumba cy’iburanisha cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Muhanga, bwahise busaba ijambo bumaze kubona ko iburanisha rigiye gutangira, kandi hari bamwe mu bo mu muryango w’uregwa iki cyaha, n’abandi bantu harimo n’itangqzamakuru, ndetse n’abunganizi mu mategeko batari baje kunganira mugenzi wabo.
Ubushinjacyaha buvuga ko bishingiye ku ngingo ya 26/2018 irengera umwana, iburanisha rigomba kubera mu muhezo kuko uwakorewe icyaha ari umwana, bityo ko imibereho bwite ye igomba kubahwa no kurindwa.
Ubushinjacyaha bwagize buti: ”Urubanza rw’uwakorewe icyaha rugomba kuburanishirizwa mu muhezo, kuko ari uko itegeko ribiteganya.”
Abunganizi batatu b’ukekwaho iki cyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa babwiye urukiko ko nta mwana uri muri iri buranisha, ndetse ko n’uwo Ubushinjacyaha bwitwaza ubu atakiri umwana ku buryo iburanisha ribera mu muhezo.
Abunganizi bavuga ko mu manza zivugwamo abana nta na rumwe Ubushinjacyaha bwigeze busaba ko ruburanishirizwa mu muhezo, kuko zose zaberaga mu ruhame.
Abunganizi bongeyeho ko ibivugwa uyu munsi ari iburanisha ku ifunga n’ifungurwa, kandi ko itegeko rivuga ko ibiranisha rigomba kubera mu ruhame kugira ngo rubanda rumenye ukuri.
Umwe mu bunganizi yagize ati: ”Ni twebwe, abashinjacyaha n’uregwa, umwana uvugwaho gusambanywa ntabwo ahari, ni iki Ubushinjacyaha butinya? Mureke ukuri kujye ahagaragara kuko niryo hame.”
Nyuma y’impaka zatwaye umwanya munini, Urukiko rwemeje ko iburanisha ribera mu muhezo, rutegeka ko abantu bose bari baje gukurikirana iburanisha basohoka.
Taliki 15/07/2025 nibwo Urukiko Rw’Ibanze rwa Nyamabuye rwemeje ko hari impamvu zikomeye zituma uwo mwunganizi mu mategeko afungwa iminsi 30 y’agateganyo, kugira ngo iperereza rikomeze.
Rwemeje ko umukobwa bareganwa uregwa kuba icyitso cyangwa umufatanyacyaha ku cyaha cyo gusambanya umwana ahita afungurwa.
Isomwa ry’iki cyemezo ryabaye uregwa icyaha cyo gusambanya umwana ndetse n’abunganizi badahari.
Hari ikiganiro kirambuye UMUSEKE wagiranye n’umwana w’umukobwa uvugwaho gusambanywa, ndetse n’ibimenyetso bifatika urega ashingiraho tuzabagezaho isomwa ry’urubanza ryabaye.
MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Muhanga.



Iburanisha na gereza niho hantu hakiboneka amanyanga kuva kera kugeza nanubu