Ebola yubuye umutwe muri Congo 

MUGIRANEZA THIERRY
1 Min Read

Icyorezo cya Ebola cyongeye kubura umutwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), aho kimaze kwica abantu 15, abanduye bashya bamenyekanye ni 28.

Aya makuru yemejwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Ikigo Nyafurika gishinzwe kurwanya indwara n’ibyorezo (Africa CDC) ndetse n’inzego z’ubuzima muri Congo.

OMS yavuze ko iki cyorezo cyagaragaye mu duce twa Bulape na Mweka mu Ntara ya Kasai.

Abantu bayanduye bagaragaza ibimenyetso birimo umuriro, kuruka, impiswi no kuva amaraso, nyuma hafashwe ibipimo bigaragaza ko barwaye indwara ya Ebola yiswe ‘Zaire’.

OMS ikomeza ivuga ko yahise yohereza itsinda ririmo impuguke mu by’ibyorezo no gukumira indwara zandura ngo bavure abarwayi, kandi bahagarike ikwirakwira ry’icyorezo.

Umuyobozi wa OMS, Ishami rya Afurika, Mohamed Janabi yagize ati “Turimo gukora dufite ubushake ngo duhagarika vuba ikwirakwira rya Ebola no kurinda abaturage.”

Muri rusange Congo imaze kwibasirwa n’Icyorezo cya Ebola inshuro 15 mu bihe bitandukanye, iyaherukaga yibasiye intara ya Equateur muri 2022.

Ebola ni indwara iterwa na virusi yitwa Ebola iba mu mubiri w’uducurama tuyikwirakwiza. Yibasira abantu n’inyamaswa. Iyi ndwara yandura byihuse, ikanica cyane ku kigero kiri hagati ya 50 na 90% ku bantu bayanduye.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply to Anonymous Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *