Yahereye muri ruhago! Menya Remco Evenepoel wakoze amateka muri Shampiyona y’Isi y’Amagare

HABIMANA Sadi
8 Min Read

N’ubwo akomeje kwandika izina mu mukino wo gusiganwa ku Magare, Umubiligi ukinira Soudar-Quick Step, Remco Evenepoel w’imyaka 25, yabanje gukina umupira w’amaguru mu makipe y’abato y’iwabo.

Ku Cyumweru, tariki ya 21 Nzeri 2025, ni bwo mu Rwanda hatangiye Shampiyona y’Isi yo Gusiganwa ku Magare iri kubera mu Mujyi wa Kigali. Iri rushanwa riri guhuza abakinnyi b’ibihangange ku Isi mu mukino wo Gusiganwa ku Magare, ni ubwa mbere ribereye ku Mugabane wa Afurika.

Mu cyiciro cy’Abagabo basiganwa n’ibihe [Men ITT], Umubiligi, Remco Evenepoel ufite imyaka 25, ni we wegukanye umudari wa zahabu ahigitse abarimo Tadej Pogacar wari uhanzwe amaso na benshi.

Remco ni muntu ki ubusanzwe?

Ni mwene Agna na Patrick Evenepoel wabaye umukinnyi ukomeye mu gusiganwa ku magare ku Isi.

Ku myaka itanu gusa y’amavuko, Remco yari atangiye gukora siporo n’ubwo yari ataragira amahitamo y’umukino azakina nk’uwabigize umwuga.

Ubwo yari akiri muto, uyu musore yatangiye akina umupira w’amaguru aho yaciye mu mu irerero rya R.S.C. Anderlecht. Nyuma yo kuzuza imyaka 11, yerekeje muri PSV Eindhoven ariko nyuma y’imyaka itatu ahita asubira muri Anderlecht.

Ubwo yari akiri umukinnyi wa ruhago, yakinaga hagati mu kibuga ufasha ba myugariro ahazwi nko kuri nimero Gatandatu ariko umutoza akajya anyuzamo akamwifashisha nka myugariro w’uruhande rw’ibumoso.

Evenepoel, yari umwe mu bari bahanzwe amaso iwabo, cyane ko bamubonagamo impano idasanzwe mu gukina umupira w’amaguru.

Icyo gihe yakiniye amakipe y’Igihugu y’abato batarengeje imyaka 15 na 16. Amayeri ye mu kibuga ndetse no kuyobora bagenzi be, byatumaga akundwa n’abatoza benshi, ndetse bimuviramo kugirwa kapiteni mu bato ba Anderlecht no mu b’ikipe y’Igihugu.

Uko imyaka yagiye yegera imbere, Evenepoel yatangiye kugenda ahindura inzira yari yarahisemo yo gukina umupira w’amaguru ahubwo atangira kugana mu gukina umukino wo gusiganwa ku magare.

Rimwe ubwo yari afite imyaka 16, yigeze kuva ku mu myitozo y’umupira w’amaguru maze ahita mu irushanwa ryo gusiganwa ku maguro mu isiganwa ryiswe “Brussels Half Marathon” maze aza ku mwanya wa 13.

Mu mwaka wa 2016, uyu mukinnyi wari witezweho kuzaba ikirangirire muri ruhago y’Ababiligi, yagize imvune ikomeye yo mu rukenyerero bimuviramo gusezererwa na Anderlecht.

Nyuma yo gusezererwa mu buryo bwamutunguye, yatangiye gutekereza guhagarika ruhago maze agashaka undi mukino yakina. Aha ni ho yahereye afata icyemezo cyo gukina umukino wa papa we.

Nyuma yo gutangira urugendo rushya mu mukino wo gusiganwa ku magare, yahise ahabwa amasezerano y’amezi atandatu n’ikipe ya KV Mechelen.

Nyuma y’umwaka umwe gusa, Evenepoel yatangiye guhabwa ubufasha n’umutoza, Fred Vandervennet wari inshuti y’umubyeyi we [papa we].

Icyo gihe yatangiye agorwaga no kunyonga ndetse no kuyobora igare ari kumwe n’abandi bakinnyi. Kubera kutamenyera, amasiganwa 10 ya mbere yakinnye icyenda muri yo atayarangizaga kubera kugwa.

Intsinzi ya mbere yafunguye izindi!

Ku nshuro ye ya mbere yaboneyeho intsinzi, byahise bimufungurira izindi nzira nyinshi nziza. Mu 2018, yahise yegukana European Junior Road Cycling Championships haba mu gusiganwa n’ibihe [ITT] no gusiganwa mu muhanda bisanzwe [Road Race].

Ubwo yari mu cyiciro cyo gusiganwa muri Road Race, hagati ye n’umukinnyi wamukurikiye icyo gihe harimo iminota icyenda n’amasegonda 44. Mu mwaka wakurikiyeho yongeye kwitwara neza atwara UCI Junior muri ibyo byiciro byombi.

Uku gukomeza kwitwara neza, byatumye mu 2019 ikipe yabigize umwuga ya Deceuninck Quick Step ihita imuha amasezerano ari na yo agikinira ariko yiswe Soudal-Quick Step, maze imukinisha itamunyujije mu kipe y’abatarengeje imyaka 23.

Mu isiganwa rya mbere rya Vuelta a San Juan uyu Mubiligi yakiniye ikipe ye, Evenepoel yabaye umukinnyi mwiza ukiri muto mu irushanwa, aba uwa cyenda muri rusange arushwa n’ibihangange nka Julian Alaphilippe na Valerio Conti.

Bwa mbere Remco yegukana isiganwa, yegukanye Tour of Belgium mu 2019, ndetse muri uwo mwaka arongera yegukana isiganwa ryo ku rwego rw’Isi [World Tour] rya Clásica de San Sebastián.

Mu 2019 yakomerejeho, aza no kwegukana Shampiyona y’u Burayi, bigeze mu masiganwa ya Shampiyona y’Isi y’Amagare muri uwo mwaka, yanga guhatana mu batarengeje imyaka 23, ahubwo ahitamo kujya mu cyiciro cy’abakuze. Icyo gihe yatwaye umudali wa Feza nyuma yo kuba uwa kabiri.

Nyuma yo kwitwara neza muri Shampiyona y’i Burayi, Remco yahise aba umukinnyi wo kudakuraho ijisho by’umwihariko mu cyiciro cyo gusiganwa n’ibihe [Individual Time Trial- ITT].

Yakomeje gushimangira izina rye muri iki cyiciro ndetse mu 2023, 2025 na 2025 yegukanye icyiciro cyo gusiganwa n’ibihe muri Shampiyona y’Isi y’Amagare.  Uyu mukinnyi arabura inshuro imwe ubundi agakuraho agahigo nk’aka Fabian Cancellara waritwaye inshuro enye.

Nyuma yo gukomeza kwitwara neza mu cyiciro cyo gusiganwa n’ibihe [Individual Time Trial], Ramco ubu ari mu bakinnyi batatu ku Isi bamaze kwegukana iri siganwa inshuro eshatu zikurikiranya.

Abandi babikoze, ni Umunya-Australia, Michael Rogers wabikoze mu 2003, 2004 no mu 2005 n’Umudage, Tony Martin wabikoze mu 2011, 2012 no mu 2013.

Umwaka wa 2022 wamubereye ubuki!

Nyuma y’ibihe byiza bitandukanye yagize, umwaka wa 2022 waongey kumubera ubuki. Yawegukanyemo Shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare mu muhanda bisanzwe [Road Race]. Ahanzwe amaso na benshi aho byitezwe ko agomba kongera gukora iyo bwabaga akisubiza uyu mwanya ahanganiye n’irindi zina rinini rizwi ku Isi, Tadej Pogačar i Kigali.

Ni umwaka wakomeje kumuhira kuko yawegukanyemo n’isiganwa rya La Vuelta, aba Umubiligi wa mbere uryegukanye kuva ryatangira gukinwa mu 1978. Yegukanye kandi isiganwa rya Liège-Bastogne-Liège inshuro ebyiri mu 2022 no mu 2023.

Mu 2024, yegukanye umudali wa Zahabu mu Mikino Olempike mu byiciro birimo icyo gusiganwa n’ibihe n’icyo mu muhanda bisanzwe, ndetse aba umukinnyi wa mbere w’umugabo ubikoze mu mateka.

Bitewe n’ubuhanga yagaragaje by’umwihariko mu 2022, yahembwe igare rizwi nka Vélo d’Or. Ni igare rihabwa umukinnyi w’umwaka wo gusiganwa ku magare.

Mu mwaka ushize, ni bwo yari akinnye ku nshuro ya mbere isiganwa rikomeye ku Isi rya Tour de France, aba uwa gatatu inyuma ya Tadej Pogačar waritwaye na Jonas Vingegaard wabaye uwa kabiri. Icyo gihe yabaye umukinnyi mwiza ukiri muto.

Remco azwiho kwihuta mu cyiciro cyo gusiganwa n’ibihe [ITT]
Ni umukinnyi umaze kwandika izina mu mukino wo gusiganwa ku magare
Yegukanaga Shampiyona y’Isi mu cyiciro cyo gusiganwa n’ibihe [Individual Time Trial] ku nshuro ya Gatatu yikurikiranya
Amaze gukina amarushanwa menshi akomeye
Yegukanye amasiganwa atandukanye akomeye ku Isi
Amaze kuba ikimenyabose ku myaka 25
Akiri muto yakinnye ruhago
Ni umukinnyi umaze gukina amarushanwa menshi akomeye ku Isi

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *