Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Volleyball y’ingimbi zitarengeje imyaka 20, zerekeje mu gihugu cya Misiri mu irushanwa ry’Igikombe cya Afurika [CAVB Men’s U20 Nations Championship] giteganyijwe gutangira ejo, tariki ya 11 Nzeri 2025 mu Mujyi wa Cairo.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 10 Nzeri 2025, ni bwo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, yahaye iberendera ry’Igihugu ikipe y’Igihugu y’ingimbi zitarengeje imyaka 20, yerekeje mu Mujyi wa Cairo mu Misiri, aho bagiye kwitabira irushanwa ry’Igikombe cya Afurika cy’ingimbi zitarengeje imyaka 20.
Abakinnyi 12, ni bo Umutoza w’ikipe y’igihugu Ntawangundi Dominique, yahagurukanye i Kigali. Dominique, yungirijwe na Niyonkuru Yves na Rwamahungu Richard nk’umutoza wongerera abakinnyi imbaraga mu gihe umuganga, ari Umulisa Henriette.
Biteganyijwe ko bajyana n’indege ya Ethiopia Airline Saa Kumi n’Imwe n’iminota 45 z’amanywa, bace mu Mujyi wa Addis-Ababa muri Éthiopie aho baza guhaguruka berekeza mu Misiri mu Mujyi wa Cairo aho biteganyijwe ko bagera Saa Munani n’iminota itanu z’ijoro.
Iri rushanwa rizakinwa kuva tariki ya 11 kugeza ku ya 21 Nzeri uyu mwaka.





UMUSEKE.RW


