Vision FC yatandukanye n’umutoza

HABIMANA Sadi
1 Min Read

Nyuma y’umwaka umwe ari muri Vision FC nk’umutoza wongerera imbaraga abakinnyi, Habihirwe Aristide yatandukanye na yo nyuma y’uko isubiye mu cyiciro cya Kabiri.

Mbere yo gutangira umwaka w’imikino 2025/2026, Vision FC yabanje gutangira gushaka abatoza ari na ko itandukana n’abandi batazakomezanya. Amakuru UMUSEKE wamenye, avuga ko izatozwa na Muvunyi Félix ‘Fils’ wayizamuye ubwo yakinaga icyiciro cya mbere mu mwaka ushize w’imikino 2024/2025.

Biciye mu busabwe bwa Fils bivugwa ko ari we uzatoza Vision FC muri shampiyona y’icyiciro cya Kabiri, Habihirwe Aristide wari umutoza wongerera imbaraga abakinnyi muri iyi kipe, yamaze gutandukana na yo nyuma y’uko amasezerano ye yari yararangiye ariko ntiyongerwe andi.

Bivugwa ko Muvunyi azakorana n’abatoza asanzwe agendana na bo barimo Bingabo Hakim usanzwe ari umwungiriza we.

Aristide [ubanza iburyo] yari umwe mu batoza ba Native Sport mu irushanwa ‘Esperance Football Tournament 2025’
Yamaze gutandukana na Vision FC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *