Urukiko rwemeje ko Avoka ushinjwa gusambanya umwana afungwa

Elisée MUHIZI
1 Min Read

Muhanga: Umunyamategeko wunganira abantu mu nkiko (Avocat) ushinjwa gusambanya Umwana yahawe igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo.

Iki cyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye ku rubanza rw’ifunga n’ifungurwa by’agateganyo.

Isomwa ry’iki cyemezo ryabereye mu Cyumba cy’Iburanisha cy’uru Rukiko  saa kumi z’umugoroba zo  kuri uyu wa Kabiri Taliki ya 15 Nyakanga, 2025.

Urukiko rwemeje ko  hari impamvu zikomeye zituma Umwunganizi mu mategeko witwa Kanani  Boniface  ukekwaho icyaha cyo gusambanya Umwana  akurikiranwa afunze.

Rwemeje ko Kanani akomeza gufungwa iminsi 30 by’agateganyo.

Rwemeje ko  umukobwa bareganwa uregwa kuba icyitso, cyangwa Umufatanyacyaha ku cyaha cyo gusambanya umwana ahita afungurwa.

Isomwa ry’iki cyemezo ryabaye Ubushinjacyaha, uregwa ndetse n’abunganizi badahari, usibye abo mu Muryango  w’uregwa n’umukobwa uvugwaho  gusambanywa.

MUHIZI ELISÉE                     UMUSEKE.RW/Muhanga.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *