Umutoza wa APR FC yanenze imikinire y’amakipe bamaze gukina

HABIMANA Sadi
2 Min Read

Umunya-Tunisie utoza ikipe y’Ingabo, Abderrahim Taleb, yavuze ko anenga uko amakipe yo mu Rwanda akina yugarira cyane kuruta gukina imipira igana imbere.

Mbere y’uko umwaka w’imikino 2025/2026 utangira mu Rwanda, ikipe ya APR FC ikomeje gukaza imyitozo irimo no gukina imikino ya gicuti. Imaze gukina na Intare FC, Gasogi United, Gorilla FC inshuro ebyiri ndetse na Police FC.

Nyuma y’iyi mikino ya gicuti, umutoza mukuru w’ikipe y’Ingabo, Abderrahim Taleb, yavuze ko amakipe yose bamaze gukina kuva yagera mu Rwanda, ayanenga gukina ibintu yo kugarira gusa aho akinisha abakinnyi 10 inyuma ubundi agasiga umwe imbere kugira ngo aze gukina imipira miremire igana imbere.

Ibi yabibwiye itsinda rishinzwe Itangazamakuru n’Itumanaho muri APR FC.

Ati “Sinshyira igitutu ku batoza ngo bahindure uburyo bakinamo, ni ibya bo. Ariko njye sinshobora gukina umupira wo kuryama mu izamu. Gukina 10 inyuma no gutera imipira miremire imbere gusa. Ibyo si umupira.”

“Yego ni no kubona intsinzi ariko ni no kwigisha abakinnyi ibijyanye n’amayeri ya nyayo y’umukino no kubazamurira urwego tekinike.”

Ikipe ya APR FC iri kwitegura gahunda yise “Inkera y’Abahizi”, aho izakina n’amakipe arimo Power Dynamos FC yo muri Zambia tariki ya 17 Kanama 2025 kuri Stade Amahoro.

Ikipe y’Ingabo kandi, yinjije abakinnyi bashya barimo Abanyarwanda nka Hakizimana Adolphe, Ngabonziza Pacifique, Iraguha Hadji, Bugingo Hakim, Omborenga Fitina wagarutse na Nduwayo Alex. Yaguze kandi abanyamahanga barimo Memel Dao, William Togui Mel na Ronald Ssekiganda.

APR FC ikomeje gukaza imyiteguro y’umwaka w’imikino 2025/2026
Ubuyobozi bukomeje gukora buri kimwe ngo ikipe izabe ari nziza kurusha iy’umwaka ushize
Taleb yanenze imikinire y’amakipe amaze gukina na yo mu ya gicuti

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *