Mugisha Bonheur wakinaga muri Stade Tunisien yo muri Tunisie, yamaze gukora ikizami cy’ubuzima muri Al-Masry yo mu Misiri aho bivugwa ko yatanzweho agera ku bihumbi 450$.
Muri Nzeri 2024, ni bwo uyu mukinnyi w’ikipe y’Igihugu, Amavubi, Mugisha Bonheur bakunda kwita ‘Casemiro’, yasinye amasezerano muri Stade Tunisien nyuma yok uva muri Avenir Sportif de La Marsa, zombi zo muri Tunisie.
Nyuma y’ibihe byiza yakomeje kugira, uyu musore ukina hagati afasha ba myugariro [6], yahise abengukwa na Al-Masry iri mu zikomeye mu gihugu cya Misiri.
Amakuru UMUSEKE ukesha umunyamakuru w’imikino kuri B&B Kigali FM, Imfurayacu Jean Luc, ashimangira ko Casemiro yatanzweho ibihumbi 450$ [arenga gato miliyoni 648 Frw].
Mugisha ni umwe mu basore bafashijwe cyane n’umutoza wa Police FC, Ben Moussa, cyane ko yamutoje ubwo yari akiri muri APR FC. Uyu mutoza ni we wamufashije kubona ikipe muri Tunisie.
Yazamukiye muri Heroes FC, ahava ajya muri Mukura VS, aho yavuye aza muri APR FC mbere yo kwerekeza muri Tunisie.


UMUSEKE.RW


