Hashize igihe gito raporo y’impuguke za UN zikorera muri Congo ishinje inyeshyamba za AFC/M23 kwica abasivile 319 muri Teritwari ya Rutshuru, UMUSEKE twabagejejeho ibikubiye muri iyo raporo n’icyo Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa yayivuzeho ko “ari ibirego bidafite ukuri”. Visi Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Maxime PREVOT yavuze ko ibyo byaha AFC/M23 ikora bitazahera idahanwe.
Mu butumwa yanditse kuri X yahoze ari Twitter, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi yavuze ko “ababajwe cyane n’ubwicanyi bushya bwakorewe abasivile 300, harimo abana 20 bukaba bushinjwa M23.”
Yakomeje agira ati “Ni ibyaha bitakwihanganirwa bidakwiye guhera bidahanwe.”
Uyu muyobozi yagaragaje ko bashyigikiye inzego z’imbere mu gihugu n’inzego mpuzamahanga kugira ngo hakorwe iperereza ababigizemo uruhare bamenyekane kandi bahanwe.
Ati “Ibice bigenzurwa na M23 bagomba kwemererwa kubigeramo kugira ngo ukuri kugaragare. Turasaba ko hubahirizwa ibyasinywe mu mbanzirizamushinga y’amahoro i Doha, kandi hakabaho kurinda abasivile.”
Mu itangazo Umukuru w’Urwego rwa UN rushinzwe Uburenganzira bwa Muntu, yasohoye ku wa Gatatu tariki 06 Nyakanga, 2025, Volker Türk yamaganye intambara yongeye kwaduka hagati ya AFC/M23 (avuga ko ishyigiwe n’u Rwanda), n’imitwe yitwaje intwaro bakaba bahanganye muri Kivu ya Ruguru mu burasirazuba bwa Congo.
Ibiro bya UN bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu bivuga ko muri raporo y’uruhande rumwe byakiriye, ivuga ko nibura abasivile 319 bishwe mu bitero bya M23 hagati ya tariki 09-21 Nyakanga, 2025 mu duce tune two muri Teritwari ya Rutshuru muri Kivu ya Ruguru.
Iyo raporo ivuga ko uwo mubare w’abantu bishwe ari munini cyane kuva M23 yakubura imirwano muri 2022. Benshi mu bapfuye harimo abagore 48, abana 19 aba ngo bakaba bari abahinzi bari mu mirima yabo.
Volker Türk, Umukuru w’Urwego rwa UN rushinzwe Uburenganzira bwa Muntu, ati “Mbabajwe n’ibitero M23 ikorera ku basivile, kimwe n’indi mitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo, mu gihe i Doha hasinywe agahenge ko guhagarika imirwano.”
Yasabye ko ibitero byibasira abaturage b’abasivile bihagarara, kandi ababikora bose bakabihanirwa.
Uru rwego rwa UN rwamaganye n’ubundi bwicanyi bukarwa n’imitwe ya ADF na CODECO, aho ADF iheruka kwicira abantu mu rusengero ahitwa Komanda muri Ituri, mbere yaho yishe abantu 70 mu gace kitwa Pikamaibo.
Indi mitwe yishe abasivile ngo ni Raia Mutomboki/Wazalendo aho ubwicanyi bwabo bwabereye ahitwa Busolo muri Kivu y’Amajyepfo, ku itariki ya 27 Nyakanga, 2025.
Kuri ibi birego ubwo raporo ya ziriya mpuguke yasohokaga, Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa yabwiye Reuters ko ibiyirimo ari ibirego bitari ukuri, avuga ko bazashyiraho itsinda rikabikoraho iperereza.
Umutwe wa AFC/M23 umaze igihe ugaragaza ko ibirindiro byawo biterwa n’ingabo za leta ya Congo zihisha mu mitwe ya Wazalendo haba muri Kivu ya Ruguru no muri Kivu y’Amajyepfo.
UMUSEKE.RW


