Tshisekedi yaciye amarenga ko iby’abahuza atazabyemera

NDEKEZI Johnson
3 Min Read

Perezida Félix Tshisekedi yeruye ko nta buhuza bw’amahanga Abanye-Congo bakeneye, ahamya ko atiteguye kwicarana n’abeguye intwaro, ko ari we ufite urufunguzo rwo kurangiza amakimbirane nk’umugenga wa byose muri RDC.

Yabigarutseho ku wa 30 Kanama 2025, ubwo yanengaga gahunda y’ishyirahamwe rya Thabo Mbeki rigamije guhuriza Abanye-Congo mu biganiro by’amahoro.

Ni nyuma y’uko ubutegetsi bwa RDC n’ababurwanya batumiwe mu nama ngarukamwaka y’amahoro n’umutekano izabera muri Afurika y’Epfo kuva ku wa 03 – 05 Nzeri, 2025.

Abatumiwe barimo abo muri Guverinoma ya RDC, ibiro bya Tshisekedi, Joseph Kabila, Corneille Nangaa uyobora AFC/M23, Moïse Katumbi, Martin Fayulu ndetse na Thomas Lubanga.

Perezida Tshisekedi yavuze ko yifuza ibiganiro hagati y’Abanye-Congo bashaka kubaka igihugu cyabo, ariko akaba ari we ubitegura ngo kuko ari na we ufite urufunguzo rwo kurangiza amakimbirane.

Yavuze ko ibiganiro ashaka bitakandagizwamo ikirenge n’Abanye-Congo ashinja gukorana n’ibihugu by’ibituranyi, kandi ko ari we mugenga w’ibyo biganiro byo guhuza Abanye-Congo.

Ati: “Nk’umugenga w’imikorere myiza y’inzego n’umugenga wo kubana neza kw’abanyagihugu, nta biganiro bizabaho bidashingiye kuri gahunda yanjye.”

Yavuze ko abigira abagiraneza mu guhuza Abanye-Congo bakwiriye gushaka ibindi bakora, kuko Abanye-Congo ubwabo bashobora gukemura amakimbirane yabo.

Perezida Tshisekedi yahamije ko atazongera kurangazwa n’ibiganiro bibera hirya no hino, ko ibiganiro bihoraho bigomba kubera muri Congo.

Yagize ati: “Abanye-Congo ntibakeneye umuhuza kugira ngo baganire, kandi ntibagomba gufata intwaro kugira ngo bahangane mbere yo kujya mu biganiro.”

Ntibiramenyekana niba M23 izitabira iyo nama yatumiwe n’ishyirahamwe rya Mbeki, ariko umuyobozi w’ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa, yaratumiwe.

Ni mu gihe Patrick Muyaya, umuvugizi wa Leta ya Kongo, avuga ko ubwo butumire bw’iryo shyirahamwe butaziye igihe kandi ko batabwifuza.

Ihuriro AFC/M23 rikomeje gushinja ubutegetsi bwa Kinshasa gutera amabombe mu bice bituwe cyane ndetse no gukomeza kugaba ibitero ku birindiro by’ingabo zabo.

Ku cyumweru tariki 30 Kanama, Lawrence Kanyuka, umuvugizi wa AFC/M23, yavuze ko FARDC, FDLR, Mai-Mai Wazalendo n’ingabo z’u Burundi bihonyora amasezerano yo guhagarika imirwano yasinywe ku wa 19 Nyakanga.

Yatangaje ko ubutegetsi bwa Kinshasa, yise ubw’inkoramaraso, bukomeje gutsimbarara kuri politiki y’urwango n’urugomo, kandi bugakomeza gukwirakwiza poropagande rutwitsi muri Uvira n’ahandi bukigenzura.

Kanyuka yavuze ko mu mujyi wa Uvira hanategurirwa ibitero bya ‘drones’ kuri ‘axes’ ya Walikale-Pinga, Bunyakiri, Kadasomwa, Kasika-Mwenga, Rugezi-Kahololo, Ikibaya cya Rusizi ndetse n’i Minembwe.

AFC/M23 iraca amarenga yo kwinjira umujyi wa Uvira, ivuga ko itazakomeza kureberera ubwicanyi buhategurirwa kuko yiyemeje kurinda abasivili no gukura mu nzira icyabahungabanya aho gituruka.

Abakurikira ibibera mu burasirazuba bwa RDC bagaragaza ko ubutumwa Tshisekedi yatangiye mu nama y’ihuriro Union Sacrée, ari ikimenyetso cy’uko ibiganiro bya Doha na Washington ari amasigaracyicaro.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *