Rwaka Claude yongereye amasezerano muri Rayon Sports WFC

HABIMANA Sadi
1 Min Read

Umutoza mukuru wa Rayon Sports WFC, Rwaka Claude biravugwa ko yamaze kongera amasezerano y’umwaka umwe nk’umutoza mukuru wa yo.

Mu gihe iminsi ibarirwa ku ntoki ngo itangire imyitozo itegura umwaka w’imikino 2025/2026, Rayon Sports WFC ibitse igikombe cya shampiyona giheruka, ikomeje gukora ibya yo bucece.

Amakuru UMUSEKE wamenye, avuga ko mu ibanga rikomeye, Rwaka Claude ashobora kuba yamaze kongera amasezerano y’umwaka umwe atoza iyi kipe yagiriyemo ibihe byiza mu myaka ibiri iheruka.

Bivugwa ko uyu mutoza yasinye amasezerano mashya ku wa Gatandatu tariki ya 12 Nyakanga 2025. Bisobanuye ko ari we uzayijyana muri Cecafa nk’umutoza mukuru.

Gikundiro y’Abagore, ni yo izahagararira u Rwanda mu marushanwa Nyafurika ya Cecafa y’Abagore izabera muri Tanzania muri Nzeri uyu mwaka aho ikipe ziba zihatanira kwishakamo imwe ihagararira Akarere ka Afurika y’i Burasirazuba n’Iyo Hagati muri CAF Women’s Champions League.

Rwaka Claude biravugwa ko yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri Rayon Sports WFC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *