Rayon Sports yemeje umwungiriza wa Lotfi, iha ikaze Rivaldo

HABIMANA Sadi
1 Min Read

Ubuyobozi bwa Rayon Sports, bwemeje umutoza, Haruna Ferouz nk’umwungiriza wa Afhamia Lotfi, buha ikaze Harerimana Abdoulazizi ‘Rivaldo’ wavuye muri Gasogi United.

Aya makuru yemejwe na Gikundiro biciye ku rukuta rwa X, aho yavuze ko Haruna Ferouz ukomoka i Burundi, ari we mutoza wungirije umunya-Tunisie, Afhamia Lotfi. Ni nyuma y’uko uyu mutoza wavuye muri Mukura VS, yari yazanye undi uzamwungiriza ariko akagorwa n’impamyabumenyi ya licence A-CAF.

Haruna, yaciye mu makipe y’iwabo arimo Burundi Sport Dynamik ndetse na Flambeau du Centre.

Uretse kwemeza uyu mutoza, Rayon Sports yemeje ko Harerimana Abdoulazizi ‘Rivaldo’, ari umukinnyi wa yo mu myaka ibiri iri imbere. Ni nyuma y’uko uyu musore ukina mu gice cy’ubusatirizi asoje amasezerano muri Gasogi United.

Iyi kipe yo mu Nzove ikomeje imyitozo, aho iri kwitegura amarushanwa ya 2025/2026 arimo na CAF Confederation Cup.

Haruna Ferouz yasinye amasezerano nk’umutoza wungirije
Ubuyobozi bwamuhaye ikaze
Nyuma yo kumara iminsi yaratangiye imyitozo, yemejwe nk’umukinnyi wa Rayon Sports mu myaka ibiri iri imbere
Rivaldo ni umusore ukina mu gice cy’ubusatirizi

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *