Raporo ya UN irashinja M23 kwica abasivile

Ange Eric Hatangimana
3 Min Read
Perezida w’Umutwe wa M23, Bertrand Bisimwa

Raporo nshya y’impugukue za UN irashinja umutwe wa AFC/M23 gukorera ubwicanyi abasivile iviga ko “ari abahinzi b’aba Hutu” bo muri Congo. Perezida wa M23 yavuze ko bagiye gushyiraho itsinda rikabikoraho iperereza.

Ibiro ntaramakuru Reuters bivuga ko bifite iyi raporo, ishinja AFC/M23 kugaba ibitero ku bahinzi, no ku bandi basivile mu burasirazuba bwa Congo bikagwamo abantu 169 muri uku kwezi kwa Nyakanga nk’uko abayikoze babibwiye Reuters.

Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa yabwiye Reuters ko bagiye gukora iperereza kuri ibyo bivugwa muri raporo yise “ibirego by’ibinyoma”.

Ibiro ntaramakuru, Reuters bivuga ko urwego rwa UN rushinzwe uburenganzira bwa muntu rumaze igihe rutagira icyo rutangaza, ariko rukaba ruvuze ibi mu gihe ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bwagaragaje ko bufite gahunda yo kurangiza ikibazo cyo mu burasirazuba bwa Congo, no gushora imari ifatika mu mishinga yo guteza imbere abaturage.

Reuters ivuga ko itabashije kugenzura ibiri muri raporo niba byarabaye, cyakora ngo abakoreshejwe muri yo bavuga ko umutwe wa AFC/M23 wakoresheje imbunda n’imihoro mu kwica abasivile.

Raporo ya UN yakozwe n’urwego rwitwa U.N. Joint Human Rights Office (UNJHRO), rukurikirana ibibera muri Congo, ruvuga ko M23 ibikorwa byo kwica abasivile yabitangiye tariki 09 Nyakanga, 2025 muri teritwari ya Rutshuru muri Kivu ya Ruguru.

Ibyo bitero ngo bigambiriye abarwanyi ba FDLR bashinjwa gukora Jenoside mu Rwanda mu 1994, bakaba bihishe muri Congo.

Raporo iviga ko abasivile biganjemo abahinzi bari mu mirima yabo bagabweho ibitero. Ibyo bitero ngo byaguyemo abantu bagera ku 169.

Bertrand Bisimwa, Perezida wa M23 ikorana na AFC yavuze ko bakiriye mu ibaruwa ibikubiye muri raporo ya UN, ndetse ko bazakora iperereza kuri ibyo birego.

Ati “Twizera ko mbere yo gufata ibihano, ukuri kugomba kujya ahagaragara, hakamenyekana ibyabaye nyakuri binyuze mu iperereza.”

Bertrand Bisimwa yongeyeho ati “Uku kwihutira gutangaza amakuru atagenzuwe ni icengezamatwara rizwi ku bakozi b’Abanye-Congo bakorera United Nations Joint Human Rights Office, UNJHRO muri Congo.” Yongeyeho ati “Ibyo birego ni ibirego bidafite ukuri by’Abanye-Congo bakorera UNJHRO.”

UNJHRO ni urwego rugizwe n’abashinzwe uburenganzira bwa muntu mu ngabo zigamije kugarura amahoro muri Congo, bakorana n’ibiro byahoze bishinzwe uburenganzira bwa muntu muri UN. Bagizwe n’Abanye-Congo n’abanyamahanga.

Umwe mu baharanira uburenganzira bwa muntu ukorera muri Congo, utashatse ko amazina ye ajya ahagaragara ku bw’umutekano we, yabwiye Reuters ko abarwanyi ba AFC/M23 bishe abasivile 100 “biganjemo aba Hutu bo muri Congo”.

Yavuze ko abishwe babanje guhunga umutwe wa M23 ubwo wafataga Teritwari ya Rutshuru, nyuma bahunguka bijejwe umutekano na M23.

Umuyobozi w’urwego rushinzwe uburenganzira bwa muntu muri UN, Volker Turk aherutse kuvuga ko umutwe wa M23, ingabo za leta ya Congo, n’indi mitwe yitwaje intwaro byakoze ibikorwa bibi mu burasirazuba bwa Congo, byinshi muri byo ngo biri mu rwego rw’ibyaha by’intambara.

Reuters

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *