Police FC yahaye ikaze Emmanuel Okwi wavuye muri AS Kigali

HABIMANA Sadi
1 Min Read

Ikipe ya Police FC, yemeje ko Emmanuel Okwi ari umukinnyi wa yo nyuma y’uko yatandukanye na AS Kigali yari amazemo umwaka umwe.

Aya makuru yemejwe n’iyi kipe y’Igipolisi cy’u Rwanda, nyuma yo kumuha ikaze ibicishije ku mbuga nkoranyambaga za yo zirimo X yahoze yitwa Twitter.

Bagize bati “Twishimiye kwakira Emmanuel Okwi mu muryango wa Police Football Club.”

Ingano y’amasezerano uyu Munya-Uganda yasinye nta bwo yatangajwe, ariko amakuru UMUSEKE wamenye, avuga ko yasinye amasezerano y’imyaka ibiri.

Okwi ni umwe mu bakuze muri shampiyona y’u Rwanda, ariko akaba umwe mu bafashije cyane AS Kigali umwaka ushize. Ubwo yazaga mu Rwanda, yakiniye Kiyovu Sports imyaka ibiri.

Okwi yasinye amasezerano y’imyaka ibiri
Umunyamabanga Mukuru wa Police FC, ni we wamuhaye ikaze

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *