Peter Mutharika yagarutse kuyobora Malawi

MUGIRANEZA THIERRY
1 Min Read

Arthur Peter Mutharika yatorewe kuyobora Malawi atsinze Perezida wariho Dr Lazarus Chakwera, mu matora y’Umukuru w’icyo Gihugu, yabaye tariki 16 Nzeri 2025.

Ni amatora yabaye mu cyumweru cyashize, abaturage bakaba bagitegereje amajwi ya nyuma azatangazwa na Komisiyo y’Amatora, yo ivuga ko ikiyatuganya ngo izatangaze ibyayavuyemo nta kwibeshya.

Amajwi yavuye mu ibarura ry’ibanze yerekana ko Peter Mutharika wari warategetse Malawi kuva mu 2014 kugeza mu 2020, ari we watsinze amatora kuko amaze kugira amajwi 66% mu gihe Dr Chakwera yagize 24%.

Amategeko akaba avuga ko uwarengeje amajwi 50% aba yatsinze amatora.

Dr. Lazarus mu ijambo yagejeje ku baturage yavuze ko yemera ibyavuye mu matora ko kandi yahamagaye Peter Mutharika kuri telefone akamushimira.

Ati “Malawi yeretse Isi ubwiza bwa Demokarasi n’imbaraga z’ubutegetsi bwiza.”

Ishyaka rya MPC ribarizwamo Perezida Chakwera ryavuze ko umukandinda waryo yerekanye ko nta mpamvu yo kuguma ku butegetsi no kubugundira.

Riti “Chakwera yagaragaje ko ubuyobozi atari ukuguma ku butegetsi icyo by’aba bisaba cyose, ahubwo ari ugukora mu nyungu z’abaturage bakwizeye.”

Peter Mutharika w’imyaka 85 akaba  umunyamategeko yabwiye abaturage ko abizi neza ko bari bamukubuye. Uyu yategetse Malawi hagati ya 2014-2020.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *