Ubwo hizihizwaga umunsi ngarukamwaka w’umuganura, ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo, bwasabye abatuye akarere ka Nyanza gukundisha abato no guha agaciro Umuco w’Umuganura.
Bwabigarutseho kuri yu wa Gatanu tariki ya 1 Kanama 2025, mu birori byo kwizihiza umunsi ngarukamwaka w’Umuganura.
Ni ibirori ku rwego rw’intara byabereye mu karere ka Nyanza, byitabirwa n’abayobozi batandukanye bo mu nzego z’ibanze ndetse n’abaturage.
Muri uyu mwaka wa 2025, Umuganura wizizihijwe ku nsanganyamatsiko igira iti “Umuganura isoko y’ubumwe n’ishingiro ryo kwigira.”
Ibi birori kandi byaranzwe no kuganuza abaturage batabonye umusaruro uhagije, bahabwa ibiribwa ndetse no guha abana amata.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo, Nshimiyimna Vedaste, yavuze ko uyu munsi ubibutsa kurushaho kwishimira umusaruro bagezeho ndetse no gufata ingamba zo kuwongera.
Yongeraho kandi umuganura ari igikorwa cyongera gutuma abaturage basabana ariko kandi bibuka ko bagomba guharanira iterambere ry’igihugu.
Ati “ Ni umwanya wo kureba aho tugeze, tukishimira ibyo twagezeho ,tunitegura kurushaho gukora neza mu gihe kiri imbere. Ni umwanya utwibutsa ko tugomba kubana, gusabana,gufashanya no gufata iya mbere mu bikorwa by’iterambere ry’igihugu cyacu.”
Nshimiyimna Vedaste, yasabye abakuru gukundisha umuco w’umuganura abakiri bato.
Ati “ Uyu munsi dufite amahirwe akomeye yuko nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’uRwanda, yazirikanye ko uwo muco ugomba gukomeza no guhabwa agaciro kawo.Turasabwa gutoza abakiri bato kugira ngo barusheho kuwusobanukirwa no kuwukomeza cyane ko ari bo bazavamo abayobozi b’ejo n’abajyanama b’umuryango nyarwanda b’ejo hazaza.”
Abageze mu zabukuru hari uko babona umuganura
Nyamwasa Andre ni umusaza w’imyaka 65. Uyu avuga ko kubera ihindagurika ry’ikirere rituma imyaka itera neza , hari bamwe umuganura usanga bararumbije.
Ati “ Kubera ikirere gituma imyaka itaboneka, nicyo gituma tubona ibintu bitagenda neza. Kubera ko tubona umusaruro mucye bigatuma umuco hari uwo tuwica, umuganura ukadusanga nta kintu tureza.”
Uwumuremyi Susazana nawe ni umukecuru w’imyaka 70 nawe ashima ko ari gikorwa cyongera guhuza abantu b’ingeri zose.
Ati “ Umuganura nubu uracyakomeje,turacyatarama, turacyishima,nubu urabibona ukuntu byanejeje abantu bose bishimye.”
Yongeraho ko abakuru bagomba kuzirikana gukundisha abakiri bato umuco w’umuganura kugira ngo utazacika.
Ati “ Abato badatojwe umuco wacika, nonese ko baba batabikuriyemo ngo bamenye uko umuco wari umeze,batawutojwe wacika.”
Umuhango w’Umuganura wizihizwaga ku mwero w’amasaka maze Abanyarwanda bagashimira Imana ku bw’ububurumbuke bw’umuryango, imyaka n’amatungo yabahaye. Abanyamihango bazaniraga Umwami amata n’izindi mbuto nkuru ari zo amasaka, uburo, inzuzi n’isogi.
Ku munsi w’Umuganura, abayobozi basabanaga n’abayoborwa mu gitaramo cy’imihigo, abana bagasabana n’ababyeyi. Ni muri icyo gitaramo cy’Umuganura hamurikwaga ibikorwa by’indashyikirwa (inka nziza, umusaruro ushimishije n’ibindi maze abakoze neza bagashimwa, ibigwari bikagawa).





UMUSEKE.RW


