Nigeria: Ibyihebe byishe abarenga 60

MUGIRANEZA THIERRY
1 Min Read

Umutwe w’iterabwobwa wa Boko Haram ushamikiye kuri Islamic State mu Burengerazuba bwa Afurika wishe abantu barenga 60 mu Burasirazuba bwa Nigeria.

Ni mu gitero uyu mutwe wagabye mu mpera z’icyumweru, mu gace ka Darul Jamal gaherereye mu Ntara ya Borno. Ibyihebe bya Boko Haram  byateye igiturage nyuma yo kugaba igitero ku birindiro by’ingabo za Nigeri biri hafi y’umupaka wa Cameroon.

Nyuma izi ntangondwa zateye igiturage zica abaturage barenga 60, zitwika imodoka n’amazu.

Igisirikare cya Nigeria kirwanira mu kirere cyavuze ko mu gusubiza cyishe abarwanyi 30 ba Boko Haram.

Intara ya Borno imaze imyaka 15 yaribasiwe n’abarwanyi ba Boko Haram aho abantu barenga miliyoni ebyiri bahunze, abandi basaga 40,000 baricwa.

Muri Nigeria uyu mutwe wahagize indiri aho ushimuta ukanica, ukaba warakajije ibikorwa byawo kuva mu 2014 ubwo washimutaga abanyeshuri b’abakobwa barenga 270 mu mujyi wa Chibok, nawo uherereye mu Ntara ya Borno.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *