Minisitiri birakekwa ko yirashe

Ange Eric Hatangimana
2 Min Read

Umugabo wari Minisitiri mu Burusiya akaza kwirukanwa na Perezida Vladimir Putin yasanzwe mu nzu yapfuye.

Abakora iperereza mu Burusiya bavuga ko, Roman Starovoit wari Minisitiri w’ubwikorezi akaza kwirukanwa na Putin yaba yazize isasu yirashe.

Kuri uyu a Mbere nibwo Perezida Putin yirukanye uriya muminitiri.

Starovoit yasimbuwe n’uwari Minisitiri wungirije witwa Andrei Nikitin, nta mpamvu Perezida Putin yasobanuye mu itangazo rimwirukana.

BBC ivuga ko abashinzwe iperereza bagikomeje kumenya uko uriya mugabo yapfuye.

Starovoit yashyizwe ku mwanya wa Minisitiri muri Gicurasi 2024. Mbere yo kuba Minisitiri uyu mugabo yabaye Guverineri w’Intara ya Kursk imyaka icyenda.

Intara ya Kursk mu gihe gishize yatewe n’ingabo za Ukraine, ariko Uburusiya buvuga ko bwirukanye burundu izo ngabo, nubwo Ukraine icyemeza ko zitahavuye burundu.

Aleksey Smirnov wasimbuye Starovoit ku buyobozi bw’iyo ntara aherutse gutabwa muri yombi ashinjwa kunyereza amafaranga ngo agenewe kubaka ubwirinzi ku rubibi rwayo na Ukraine.

BBC ivuga ko ikinyamakuru cyo mu Burusiya kitwa Kommersant, cyemeza ko Starovoit na we yari kuzajya mu rukiko gushinjura uriya uregwa.

Ntahamenyekanye igihe nyacyo Starovoit yapfiriye. Umuyobozi wa Komite yo mu Nteko ishinga amategeko mu Burusiya ishinzwe umutekano, Andrei Kartapolov, yabwiye RTVI yo mu Burusiya ko ruriya rupfu rwabaya “mu gihe gishize”.

Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida mu Burusiya Dmitry Peskov yatangaje urupfu rwa Starovoit, abanyamakuru bamubaza niba Perezida Putin yaramutakarije icyizere kubera ibikorwa byabereye mu Ntara ya Kursk yigeze kuyobora.

Abasubiza agira ati “Gutakarizwa icyizere iyo byabayeho biravugwa. Ibyo ntabwo byigeze bikoreshwa mu magambo ari mu itangazo ryasohowe na Kremlin (Perezidansi y’Uburusiya).”

BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *