Polisi ya Kenya yitabaje ibyuka biryana mu kugerageza gutatanya urubyiruko rwari rwuzuye uburakari mu myigaragambyo yabereye mu mujyi wa Nairobi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 7 Nyakanga 2025, inzego zishinzwe umutekano muri Kenya zari zafunze imihanda minini yinjira mu murwa mukuru wa Nairobi.
Iyi myigaragambyo yiswe ‘Saba Saba’—bisobanura tariki ya 7 y’ukwezi kwa Karindwi—iba buri mwaka muri Kenya.
Iyi myigaragambyo igamije kuzirikana imyaka 35 ishize hatangiye urugamba rwo guharanira demokarasi ishingiye ku mashyaka menshi, rwatangiye mu 1990.
Kuva mu gitondo cya kare, inzego z’umutekano zari zakajije ingamba ndetse zifunga imihanda yose yerekeza mu mujyi wa Nairobi.
Polisi yateye ibyuka biryana ku bigaragambyaga bari ku mihanda ya Thika na Kitengela, berekeza muri Nairobi.
Hari amakuru avuga ko umuntu umwe yitabye Imana, undi na we agakomera muri iyo myigaragambyo.
Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi muri uyu mujyi byari byafunze, mu gihe abashinzwe umutekano bari buzuye ku mihanda.
Amashuri nayo yategetse abanyeshuri kuguma mu rugo uyu munsi.
Abantu amagana bazindutse cyane bagana mu mujyi, bahagaze kuri za bariyeri zinjira muri Nairobi, bageze nibura kuri kilometero 10 uvuye mu rwagati rw’umujyi. Imodoka nke ni zo zemerewe gukomeza urugendo.
Mu mujyi hagati, imihanda yerekeza ku hantu h’ingenzi ha leta nko ku rugo rwa Perezida, ku biro bye no ku Nteko Ishingamategeko, yari yarafunze, kandi hari za senyenge zibuza umuntu wese gutambuka.
Mu itangazo ry’igipolisi ryasohotse ku cyumweru nijoro, polisi yavuze ko inshingano yayo ari kurengera ubuzima n’ibikorwa no kuzana ituze rusange.
Polisi ya Kenya yanenze itangazo ryayitiriwe ryakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga rivuga ko mu bantu yataye muri yombi mu myigaragambyo iheruka harimo Abarundi n’Abanyarwanda babarirwa mu za mirongo.
Yavuze ko iryo tangazo ari “fake.”
Iyi myigaragambyo ubu yateguwe n’urubyiruko ruzwi nka Gen-Z, bamagana imiyoborere y’ubutegetsi buriho ndetse n’ubutabera ku bishwe na polisi mu ruhererekane rw’imyigaragambyo zatangiye umwaka ushize.
Mu myigaragambyo iheruka mu gihugu hose, tariki ya 25 Kamena, nibura abantu 19 barishwe; inzu z’ubucuruzi zibarirwa mu bihumbi zarasahuwe, izindi zirangizwa.



UMUSEKE.RW


