Israel iravugwaho kugaba igitero kikica abanyamakuru ba Al Jazeera

MUGIRANEZA THIERRY
2 Min Read

Igitangazamakuru cya Al Jazeera cyatangaje ko abanyamakuru bacyo batanu bishwe mu gitero cy’indege ‘ingabo za Israel hafi y’ibitaro bya Al-Shifa mu mujyi wa Gaza.

Iki kinyamakuru cy’Abanya-Qatar cyatangaje ko abapfuye barimo abanyamakuru Anas al-Sharif na Mohammed Qreiqeh, hamwe n’abafata amashusho Ibrahim Zaher, Mohammed Noufal na Moamen Aliwa, bari mu ihema ry’abanyamakuru ku irembo ry’ibitaro ubwo haterwaga ibisasu n’indege.

Mu itangazo Al Jazeera yagize iti “Kwica ku bushake bigambiriwe  ku Cyumweru, cyari ikindi gitero cyeruye kandi cyateguwe cyo guhutaza ubwisanzure bw’itangazamakuru.”

Ingabo za Israel (IDF) zemeje ko zahitanye Anas al-Sharif, uyu akaba ari umwe nu banyamakuru bapfiriye muri icyo gitero akaba yari kandi ukomeye mu gutangaza amakuru ‘atagwaga neza Isreal’.

Israel yavuze ko yamuhitanye kuko yari ‘umuyobozi w’agatsiko k’iterabwoba muri Hamas’.

Si ubwa mbere IDF igabye igitero ikica abanyamakuru ba Al Jazeera muri Gaza, aho yagiye ibashinja kuba abafatanyije na Hamas.

Umuryango Mpuzamahanga uharanira kurinda Abanyamakuru, utangaza ko abanyamakuru 186 bamaze kwicwa kuva Israel yatangiza ibikorwa bya gisirikare muri Gaza mu kwezi kwa cumi 2023.

Israel yatangije ibyo bikorwa mu kwihimura ku gitero cya Hamas cyagabwe mu majyepfo ya Israel ku itariki 7 Ukwakira 2023, aho abantu bagera ku 1,200 bishwe naho abandi 251 bagashimutwa.

Abantu barenga 61,000 bamaze kwicirwa muri Gaza kuva ibikorwa bya gisirikare bya Israel byatangira, nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Ubuzima iyobowe na Hamas.

Kurangira kw’iyi ntambara nabyo byabaye ingume aho ibiganiro byose byabaye nta gikomeye byagezeho.

MUGIRANEZA Thierry / UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *