Mu gihe hibukwaga Abanyamulenge 166 biciwe mu Nkambi yo mu Gatumba, bamwe mu baharokokeye bavuga ko hashize imyaka 21 batarabona ubutabera.
Ku nshuro ya 21, habaye igikorwa cyo kwibuka abiciwe mu Gatumba, abarokokeye 166 bari barahungiye mu Burundi.
Bamwe mu baharokokeye, abahagarariye Mutualité y’Abanyamulenge ndetse n’abanyamategeko bavuga ko bazakomeza kugaragariza isi ubwicanyi bwakorewe ababyeyi, abana n’abavandimwe babo kugeza bahawe ubutabera.
Me NteziryaMe Nteziryayo Innocent, umwe mu banyamategeko utuye mu mahanga, avuga ko ubwicanyi bukimara gukorwa, Pasteur Habimana na Agathon Rwasa bahise bigamba, bemera ko aribo bishe Abanyamulenge.
Avuga ko icyo gihe bumvaga ko imiryango mpuzamahanga muri rusange, n’isi by’umwihariko, byamaganye ubwo bwicanyi ndetse basaba ko abakoze ubwo bwicanyi bakurikiranwa
Ati: “Twategereje ko hari abagezwa imbere y’inkiko, ariko turaheba.”
Uyu munyamategeko avuga ko we na bagenzi be bishyize hamwe batanga ikirego ku bwicanyi bwakorewe ubwoko bw’Abanyamulenge, Abahema n’Abatutsi bo mu Majyaruguru ya Kivu.
Icyo kirego byashyikirijwe inkiko zo mu Burundi, muri Congo, mu Rwanda ndetse no mu Rukiko Mpuzamahanga rwa ICC rukorera i La Haye mu Buholandi.
Me Nteziryayo avuga ko icyo kirego cyakiriwe ariko nta gisubizo gifatika barabaha.
Ati:”Tuzakomeza kubivuga kugeza ubwo Ubutabera buzatangwa”
Gahakanyi Michel, umwe mu barokotse ubwo bwicanyi, avuga ko bahungiye mu Nkambi ya Gatumba bahunze ubwicanyi bwabakorerwaga muri Congo ariko byabaye nko guhungira ubwayi mu kigunda.
Ati:” Jye nakase ihema twari turyamye imbere, maze kubona ko batangiye kuturasa no kudutema, kuko mushiki wanjye n’abandi benshi twari kumwe bari barambaraye hasi bapfuye.”
Uhagarariye igikorwa cyo kwibuka, Dr. Rutebuka Jules, avuga ko biteye agahinda kubona igihugu, cyagombaga kurengera abaturage bacyo, gifata iya mbere mu kwica no gufunga abo cyita abanzi.
Ati: “Abemeye ko bishe Abanyamulenge 166 bakabyigamba ntabwo bigeze babiryozwa; ubu baridegembya, ntacyo batinya.”
Akavuga ko abishe abo bantu ari uruhurirane rw’ingabo za FARDC, FNL n’Interahamwe, ku buryo na Congo yagombye gukurikirana abo bicanyi.
Ati: “Congo n’uBurundi bakomeje umugambi wabo mu buryo bushya wo kurimbura Abatutsi bo muri Congo.”
Gusa Dr. Rutebuka avuga ko, kuri ubu, bafashe icyemezo cyo kudatega amajosi abari ku butaka bw’iki gihugu, batangiye kwirwanaho.
Muri iki gikorwa cyo kwibuka, hasomwe urutonde ruriho amazina yose y’abantu biciwe mu Gatumba.
Iki gikorwa kandi cyabereye mu Rwanda ndetse no mu bindi bice by’isi, by’umwihariko kwibuka Abanyamulenge muri Congo, bikaba byabereye i Bukavu na Goma.








MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW i Kigali


