Ikipe ya DR.Congo yasezerewe muri CHAN yafashwe bugwate i Nairobi

Ange Eric Hatangimana
3 Min Read

Abakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeje gutabariza ikipe y’umupira w’amaguru y’abakina imbere mu gihugu muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nyuma yo gusezererwa mu irushanwa ariko ikabura uburyo isubira i Kinshasa.

Urukuta rwo kuri X yahize ari Twitter rwitwa “Leopard Leader Foot” rutanga amakuru agezweho avuga ku bakinnyi bo muri DR.Congo, ruvuga ko ikipe y’icyo gihugu yasezerewe mu marushanwa ya CHAN2024 yaheze i Nairobi ko n’igihe yahawe ngo ibe yavuye muri hetli icumbitsemo cyarenze.

Ku Cyumweru ikipe yari ihagarariye Congo yasezerewe itsinzwe na Maroc/Morocco ibitego 3-1 bivuze ko yagombaga guhita itegura uko isubira i Kinshasa.

Leopard Leader Foot ruvuga ko iyi kipe itigeze iva i Nairobi mu gihe byari byitezwe ko igera i Kinshasa ku wa Kabiri, bituma abakinnyi bakomeza gutegereza.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Africa, CAF ngo ryaba ryasabye abayoboye iriya kipe kuva muri hoteli bacumbikiwemo mu gihe kitarenze amasaha 48 nyuma yo gusezererwa mu irushanwa, icyo gihe kimaze kurenga.

Ruriya rubuga ruvuga ko leta ya Congo iri ku gitutu cyo gukemura icyo kibazo mu buryo bwihuse, ndetse hari amakuru avuga ko leta yaba iri bwohereze indege idasanzwe yo gutwara abo bakinnyi.

Habanje gutekerezwa ko umukinnyi yakwirwanaho akigurira itike y’indege gusa ngo byarananiranye abakinnyi bategereje ko leta igira icyo ikora.

Amakuru avuga ko ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri DR.Congo, FECOFA ryaba risigaye nta mafaranga rifite nyuma y’uko isosiyete yambika ikipe y’icyo gihugu O’Neills yasabye ko konti zaryo zifungwa kubera umwenda munini iberewemo, aho wavuye ku madolari 300,000$ ukagera kuri miliyoni 3$ nk’uko biri kuvugwa n’abakurikirana ruhago muri DR.Congo.

Kugeza ubu ntacyo FECOFA yari yavuge ku kuba ikipe ya CHAN ya DR.Congo yaraheze i Nairobi, kimwe n’ibivugwa ku mwenda ibereyemo O’Neills.

Joshua Bellini ukurikira iby’umupira w’amaguru muri DR.Congo avuga ko ikibazo cy’amikoro muri FECOFA gishobora kuzatinza imikino ya shampiyona ya 2025-2026 cyangwa ntibe.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi, FIFA ngo ryasezeranyije FECOFA ibihano bikomeye harimo guhagarika ikipe y’igihugu mu gihe cy’imyaka ibiri mu gihe ikibazo gihari kitakemuka vuba.

Igihugu cya Congo kimaze iminsi gisinye amasezerano arimo za miliyoni z’amadolari, azahabwa Barcelona, AC Milan na AS Monaco mu buryo bwo kucyamamaza no gufatanya mu mishinga yo kuzamura umupira w’amaguru.

Abakinnyi bakinnye CHAN ku ruhande rwa DRC ubwo bagenzuraga ikibuga mber ey’umukino wa Maroc

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment
  • @Ange Eric Hatangimana ni abandi mwandika inkuru,mujye mugerageza mubanze musubire munkuru mwanditse mbere yo kuyi hostinga kuko hakunda kuba harimo amakosa y’imyandikire bikaba byatuma rimwe na rimwe ni inkuru itumvikana neza.Dukunda umuseke, dukunda amakuru mutugezaho.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *