Ibihugu bitatu byo mu Burengerazuba bwa Afurika, Mali, Niger na Burkina Faso, byatangaje k’umugaragaro ko bivuye mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), bivuga ko urwo rukiko ari inzira y’ubukoroni bushya.
Ni mu itangazo rihuriweho ryasohowe n’ibyo bihugu ku wa Mbere, tariki ya 22 Nzeri 2025.
Ibi bihugu biyobowe n’abasirikare bivuga ko ICC idafite ububasha bwo kuburanisha ibyaha by’intambara, Jenoside n’ibihonyora ikiremwa muntu ndetse n’ibyubushotoranyi.
Biti “Tuzashyiraho uburyo bwo gushyira imbere amahoro n’ubutabera.”
Ibi bihugu bishinjwa n’imiryango mpuzamahanga guhonyora uburenganzira bwa muntu no gukora ibyaha kubera ihirikwa ry’ubutegetsi ryabibayemo.
Urukiko rwa ICC rukorera mu Buhorandi, rwatangiye imirimo mu 2002 ariko rushinjwa kwibasira ibihugu bya Afurika dore ko imanza zirenga 30 rumaze guca zarebaga Abanyafurika gusa.
ICC ntacyo iravuga kuri uyu mwanzuro, ariko amategeko avuga ko umunyamuryango warwo yemererwa kuruvamo nyuma y’umwaka bimenyeshejwe Umuryango w’Abibumbye.
Niger iyobowe na Abdourahamane Tchiani, Mali ya Col. Assim Goita na Burkina Faso ya Ibrahim Traore, ni ibihugu bimaze igihe biva mu miryango mpuzamahanga yabihuzaga n’ibindi bihugu.
Biherutse kuva mu Muryango wa ECOWAS uhuza ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika bishinga uwitwa ‘Alliance of Sahel States’.
Ibi bihugu kandi byaciye umubano n’Uburengerazuba bw’Isi, ni ukuvuga u Burayi na Amerika byinjira mu bufatanye n’u Burusiya.
MUGIRANEZA THIERRY / UMUSEKE.RW


