Human Rights Watch yongeye gukora M23 mu jisho

NDEKEZI Johnson
3 Min Read

Umuryango Human Rights Watch (HRW), uharanira uburenganzira bwa muntu, wasohoye raporo nshya ishinja abarwanyi ba AFC/M23 kwica abasivile 140 mu kwezi gushize, barimo cyane cyane abahinzi bari mu mirima.

AFC/M23 yahakanye yivuye inyuma ibyo birego bya Human Rights Watch.

Uyu muryango uvuga ko abarwanyi ba AFC/M23 bishe abaturage, biganjemo abahinzi bo mu bwoko bw’Abahutu, muri Nyakanga 2025 mu byaro nibura 14 hafi ya Parike y’Igihugu ya Virunga.

Ngo hari mu bitero byo guhiga FARDC, Wazalendo, n’indi mitwe ikorana n’ubutegetsi bwa Tshisekedi harimo na FDLR igizwe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Clémentine de Montjoye, umushakashatsi mukuru ku karere k’ibiyaga binini muri Human Rights Watch, yatunze agatoki ingabo z’u Rwanda, avuga ko zari kumwe na M23.

Yagize ati: “Niba abakoze ibi byaha by’intambara, harimo n’abayobozi ku rwego rwo hejuru, badakurikiranwe mu buryo bukwiye, ubu bwicanyi buzakomeza kwiyongera.”

Muri raporo ndende yasohowe n’uyu muryango, ngo amakuru yatanzwe n’abaturage, abasirikare, abaganga, inyeshyamba zikorana na leta, ndetse n’ingabo za MONUSCO, zananiwe ubutumwa zimazemo imyaka irenga 20.

HRW isaba Inama y’Umutekano y’Umuryango w’Abibumbye (LONI) hamwe n’ibihugu bikomeye gufatira ibihano bikarishye abasirikare bakekwaho ibyo byaha.

Umuvugizi wa politiki wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko raporo ya Human Rights Watch yo ku wa 20 Kanama 2025 ari ibinyoma kandi ibiyikubiyemo ntaho bihuriye n’ukuri.

Yavuze ko ari igikoresho cyo gutagatifuza ubutegetsi bwa Kinshasa no guharabika AFC/M23, nyamara yo irajwe ishinga no kubohora abaturage no guhagarika umugambi wa Jenoside muri RDC.

Yagize ati: “Iyi raporo ni igitutsi ku kuri no ku mahame nyir’izina y’uburenganzira bwa muntu yiyitirira kurengera.”

Kanyuka yavuze ko iyo raporo yadozwe mu buryo bw’uburiganya, hatanzwe ruswa, kandi ko ibiyikubiyemo bigamije kujijisha abifuza amahoro muri RDC.

Yashimangiye ko ishingiye ku bimenyetso bidafatika, amagambo y’ububeshyi, amashusho agamije kuyobya, n’ubufatanyacyaha ku byaha bikorwa n’ihuriro ry’ingabo za guverinoma.

Yagize ati: “Turahakana iyo raporo y’ibinyoma mu buryo bukomeye bushoboka bwose.”

U Rwanda ntacyo ruravuga kuri iyi raporo, gusa rukunze kugaragaza ko HRW yarenze ku ntego yo guharanira uburenganzira bwa muntu ikaba igikoresho cya politiki.

 

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *