Komisiyo y’Amatora mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Ferwafa, yasobanuye ko impamvu ubujurire bwa bamwe mu bari ku rutonde rw’abiyamamarizaga kuyobora iri Shyirahamwe, bwateshejwe agaciro ari uko batari bafite ububasha bwo kubutanga.
Kuri uyu wa Kabiri, ni bwo Komisiyo y’Amatora muri Ferwafa, yatangaje urutonde ndakuka rw’abakandida biyamamariza kuyobora iri Shyirahamwe. Perezida w’iyi Komisiyo, yabanje gusobanura Ingingo zitandukanye z’Amategeko, yifashishijwe kugira ngo hakirwe kandidatire z’abakandida.
Nyuma y’uko hari hatanzwe za kandidatire z’abakandida babiri biyamamarizaga kuyobora Ferwafa, babiri bari ku rutonde rwa Hunde Rubegesa Walter, bandikiye Komisiyo y’Ubujurire basaba ko kandidatire ya Shema Ngoga Fabrice n’abo bari kumwe, yateshwa agaciro.
Abasabaga ibi, ni abanyamuryango basanzwe ba Ferwafa, Rurangirwa Louis na Ngendahayo Vedaste ariko ubusabe bwa bo bwatewe utwatsi kubera impamvu zasobanuwe na Perezida wa Komisiyo y’Ubujurire muri iri Shyirahamwe.
Mé Gasaasira Jafari uyobora Komisiyo y’Ubujurire muri Ferwafa, yavuze ko abatanze ubujurire, yaba Rurangirwa na Ngendahayo, nta bubasha bari babifitiye.
Mé Jafari yavuze ko Ingingo ya 44 y’Amategeko Shingiro ya Ferwafa, agena ko mu gihe cy’Ubujurire, butangwa na Perezida wa Ferwafa nk’uhagarariye urwego ndetse akaba ari nawe uruvugira.
Ingingo ya 11 y’Amategeko mu gaka ka yo ka Gatatu n’aka Gatanu [C na E], ivuga ko Umukandida wiyamamariza kuyobora urwo rwego, ari nawe wemerewe kujuririra ibyo atishimiye kandi abatanze ubwo bujurire batari babifitiye ububasha.
Perezida wa Komisiyo y’Amatora muri iri Shyirahamwe, Rubegesa, yavuze ko mu bindi bisuzumwa kugira ngo hemezwe ko umukandida ari inyangamugayo, hasuzumwa niba afite icyemezo kigaragaza ko atigeze akatirwa n’inkiko [Criminal record], ndetse harimo kandi kuba umukandida wiyamamaza cyangwa uri ku rutonde rw’uwiyamamaza atarigeze afatirwa ibihano n’Akanama Gashinzwe Imyitwarire murio FERWAFA.
Iyi Komisiyo yahishuye ko hari abari ku rutonde rwa Walter, babanje gukuramo kandidatire. Abo ni Turatsinze Aman, Munyankaka Ancille, Hon. Mukanoheri Saidate, Habimana Hamdan.
Kugeza ubu, Shema Ngoga Fabrice n’abo yifuza kuzayoborana iri Shyirahamwe, ni we wemejwe nk’umukandida rukumbi wujuje ibisabwa. Amatora ateganyijwe tariki ya 30 Kanama 2025.




UMUSEKE.RW


