Gorilla FC yasoje uruzinduko yakoreye muri Uganda

HABIMANA Sadi
2 Min Read

Nyuma y’iminsi isaga 10 iri mu gihugu cya Uganda muri gahunda yo kwitegura umwaka w’imikino 2025/2026, ikipe ya Gorilla FC yahatsindiwe na Vipers SC umukino wa Kabiri wa gicuti.

Ku wa 16 Kanama 2025, ni bwo ikipe ya Gorilla FC yerekeje muri Uganda aho yari ijyanywe na gahunda yo gutegura neza umwaka w’imikino 2025/2026. Abakinnyi yifuza kuzakoresha muri uyu mwaka w’imikino, yajyanye na bo muri iyi myiteguro.

Mu mikino ibiri iyi kipe yakinnye na Vipers SC yakirira kuri St. Marry’s Stadium, yombi yarayitsinzwe. Uwa mbere Gorilla FC yawutsinzwe ibitego 3-1 uwa Kabiri iwutsindwa igitego 1-0.

Umutoza Kirasa Alain, ahamya ko n’ubwo ikipe abereye umutoza yatsinzwe imikino yombi, we abona hari byinshi bahigiye bizabafasha kwitwara neza mu mwaka w’imikino uzatangira tariki ya 12 Nzeri 2025.

Mbere yo kugaruka i Kigali, Gorilla FC yagiranye umusangiro n’umuryango mugari w’ikipe ya Vipers SC ndetse buri ruhande ruha urundi impano nk’urwibutso rw’umubano watangiye.

Amakipe yombi yakinnye imikino ibiri ya gicuti
Ni imikino yafashije buri ruhande
Ikipe zombi zagize ibyo zigira muri iyi mikino
Gorilla FC yitoreje kuri St. Marry’s Stadium ya Vipers SC
Impano zaratanzwe ku mpande zombi
Gorilla FC yahawe impano
Abakinnyi ba Gorilla FC bitoreje ku kibuga kindi cyo mu mahanga
Ni urugendo biteze ko ruzabafasha muri shampiyona 2025/2026
Gorilla FC yatsinzwe imikino yombi ariko ivuga ko hari isomo ihakuye
Habayeho umusangiro
Hafashwe umwanya wo kubanza gusezeranaho
Abakinnyi bagize umwanya wo gusangira ku mpande zombi
Habayeho umwanya wo kuganira hagati y’abakinnyi
Bagiye bibwirana
Abatoza b’amakipe yombi
Gorilla FC ikomeje kwitegura neza umwaka w’imikino 2025/2026

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *