Ubuyobozi bw’ikipe ya Gorilla FC, bwatangaje Sahunda Pascal nk’Umuyobozi Mukuru wa yo.
Iyi kipe yabitangaje ibicishije ku rukuta rwa yo rwa X kuri uyu wa Gatanu.
Yagize iti “Twishimiye gutangaza Sahundwa Pascal nk’Umuyobozi Mukuru wacu.”
Pascal asanzwe ari muri Komite ya Gorilla FC nk’ushinzwe ubukangurambaga bw’abafana muri iyi kipe. Ni umwe kandi mu baba hafi y’amakipe y’abato y’iyi kipe na City Boys iyishamikiyeho ikina mu cyiciro cya Kabiri.
Sahundwa yakiniye APR FC igishingwa mu 1993 kugeza mu 1995. Yayivuyemo akomereza mu Intare FC icyo gihe yakinaga mu cyiciro cya mbere. Uyu mugabo kandi yakiniye amakipe y’abato ya Kiyovu Sports na Rayon Sports.
Si mushya mu miyoborere y’amakipe kuko yabaye muri Komite ya Mukura VS nka Visi Perezida wa Abraham Nayandi. Yayoboye kandi ikipe y’abatarabigize umwuga mu Akarere ka Huye izwi ku izina rya Intwari.

UMUSEKE.RW


