FIFA yamaganye irondaruhu ryakorewe Antoine Semenyo

HABIMANA Sadi
2 Min Read

Biciye kuri Gianni Infantino uyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, uru rwego rureberera ruhago ku Isi, rwamaganye irondaruhu riherutse gukorerwa umunye-Ghana ukina mu Bwongereza, Antoine Semenyo.

Ku wa Gatanu, tariki ya 15 Kanama 2025, ni bwo shampiyona y’u Bwongereza y’Icyiciro cya mbere [Premier League], yatangiye. Liverpool ibitse igikombe cya shampiyona, yatangiye yitwara neza itsinda AFC Bournemouth ibitego 4-2.

Ibitego bibiri bya AFC Bournemouth, byombi byatsinzwe n’umunye-Ghana, Antoine Semenyo ku munota wa 64 n’uwa 76 ariko mu mukino hagati aza gukorerwa irondaruhu n’abafana ba Liverpool bari Anfield.

Ubwo yari agiye kurengura umupira, Semenyo yabwiwe amagambo yuzuyemo irondaruhu na bamwe mu bafana ba Liverpool ndetse umwe muri bo ufite imyaka 47 ahita atabwa muri yombi na Polisi y’iki gihugu n’ubwo n’abandi nyuma baje gutabwa muri yombi.

Abicishije ku rukuta rwe rwa Instagram mu butumwa burebure bwiganjemo ubukomeza uyu munye-Ghana, Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yagaragaje ko yitandukanyije n’abakoze iki gikorwa cyanenzwe na benshi ku Isi.

Ati “Umupira w’amaguru nta mwanya ufite w’irondaruhu cyangwa irindi vanguramoko iryo ari ryo ryose.”

Antoine Semenyo nawe abicishije ku rukuta rwe rwa Instagram nyuma y’umunsi umwe ibi bibaye, yashimiye ko abakunzi ba ruhago hirya no hino ku Isi, bamubaye hafi ubwo yakorerwaga iri rondaruhu.

Uretse Gianni, izindi nzego hirya no hino ku Isi zirimo abakinnyi n’abandi, zakomeje kugaragara ko zizakomeza kurwanya icyitwa irondaruhu aho ari ho hose kugeza igihe rizacika burundu.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amguru muri Ghana, na ryo ryahise risohora Itangazo rirwanya igikorwa cy’irondaruhu ryakorewe uyu rutahizamu ukomoka muri iki gihugu.

Gianni Infantino uyobora FIFA, yahagurukiye kurwanya irondaruhu mu mupira w’amaguru 
Antoine Semenyo ukinira AFC Bournemouth yo mu Bwongereza, yakorewe irondaruhu
Umufana wa Liverpool yamubwiye amagambo yuzuye irondaruhu
N’abana bato bamugaragarije ko bamukunda
Ni umwe mu beza b’abanya-Afurika bakina muri Premier League mu Bwongereza

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *