Dr Aisa Kirabo Kacyira, wari Umuyobozi w’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bitanga Ubufasha muri Somalia, yitabye Imana afite imyaka 61.
Dr. Kirabo, witabye Imana azize uburwayi, yabaye Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Ambasaderi, Umuyobozi Nshingwabikorwa Wungirije, ndetse n’Intumwa y’Umunyamabanga Mukuru Wungirije muri UN-Habitat.
Ku wa 23 Gashyantare 2023, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yagize Amb. Kirabo Umuyobozi w’ibiro bya ONU muri Somalia (UNSOS).
Dr Kacyira yari afite ubunararibonye bw’imyaka irenga 30 mu bijyanye na dipolomasi, politiki, imiyoborere, iterambere n’ibikorwa by’ubutabazi haba mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga.
Hagati y’umwaka wa 2003 na 2006, yabaye umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko, aho yagize uruhare rukomeye mu gushyiraho amategeko no gukurikirana ibikorwa by’Inteko.
Mu mwaka wa 2011, yabaye Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba nyuma y’uko hagati y’umwaka wa 2006 n’uwa 2011 yari Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali.
Hagati y’umwaka wa 2011 na 2018, yabaye Umuyobozi Nshingwabikorwa Wungirije w’Ishami rya Loni rishinzwe Imiturire (UN-HABITAT).
Mu 2016, yatanze umusanzu ukomeye mu biganiro byihariye byibanze kuri politiki mu nama ya UN-HABITAT yabereye muri Ecuador, ari nayo yabaye iya mbere ya Loni yigaga ku iterambere rirambye.
Mu 2020, Dr. Kacyira yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Ghana, anahagararira inyungu z’igihugu muri Benin, Togo, Sierra Leone, Côte d’Ivoire, na Liberia.
Dr Aisa Kacyira yanabaye Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Uturere n’Umujyi wa Kigali (RALGA), ayobora Ihuriro ry’Abayobozi b’Inzego z’Ibanze muri Afurika y’Iburasirazuba, ndetse aba na Visi Perezida w’Ihuriro ry’Imijyi n’Inzego z’Ibanze z’Afurika (UCLG).
Nanone kandi, yanakoze inshingano zijyanye no gucunga imishinga muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI).
Dr. Kirabo yari afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu Buvuzi bw’Amatungo yakuye muri Kaminuza ya James Cook muri Australia, ndetse n’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu Buvuzi bw’Amatungo yakuye muri Kaminuza ya Makerere muri Uganda.
NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW



Yarakoze naruhuke bambe