Coup d’Etat i Kinshasa – Abasirikare bakuru basabiwe gufungwa imyaka 15

Ange Eric Hatangimana
2 Min Read

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwasabiye abasirikare bakuru barimo Général de Brigade Ericsson Bakati gufungwa imyaka 15 bashinjwa umugambi wo guhirika ku butegetsi Perezida Antoine Félix Tshisekedi.

Iki gihano bagisabiwe ku wa Mbere ku Rukiko Rukuru rwa gisirikare rwateraniye muri Gereza ya Ndolo.

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwasabiye imyaka 15 y’igifungo no kwamburwa impeta za gisirikare abasirikare bakuru 7 barimo Général de Brigade Ericsson Bakati, Lt.Col Gervais Malaji, Major Paluku, Major Jean-Marie Kasereka, Major Philippe Mambolo, Lt. Kakule na Lt. David Lusenge.

Abandi barimo Col. André-Jean Nyenze na Col. Alphonse Kasereka, Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwabasabiye gufungwa imyaka itatu kubera ko ngo bakoranye neza n’ubutabera.

Hari abandi basabiwe gufungurwa kubera ko nta bimenyetso bigaragara bibahamya ibyaha bashinjwa.

Radio Okapi ivuga ko ibirego aba basirikare bashinjwa bituruka ku mashusho yagiye hanze muri Mata 2025 ubwo bayafashwe bari muri hoteli Bandalungwa, i Kinshasa, bavuga ko ubutegetsi buriho burangiye, ahubwo ari bo bafashe ubutegetsi.

Amashusho ari muri iyo video ni yo yatumye nyuma batabwa muri yombi umwe ku wundi, batangira kuburanishwa.

Mu byaha baregwa harimo gushaka guhirika ubutegetsi buriho bakoresheje intwaro.

Ibiro Ntaramakuru byo muri Congo, (ACP), bivuga ko Umushinjacyaha Général Major Cyprien Muwau yasabiye Général de Brigade Ericsson Bakati, guhanishwa imyaka 15 y’igifungo idafite impamvu nyoroshyacyaha, akora imirimo y’uburetwa.

Uretse aba basirikare bahanishijwe igifungo, hari abandi basirikare bakuru bagera kuri 41 barimo bahatwa ibibazo ku buryo ingabo za Congo zitsindwa ku rugamba na AFC/M23.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *