Muhanga: Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye rwaburanishije mu muhezo urubanza rw’umwunganizi mu mategeko “Avocat” ukekwaho gusambanya umwangavu.
Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateanyo ry’uyu mwunganizi mu mategeko, Ubushinjacyaha bukekaho gusambanya umwana w’umukobwa utagejeje imyaka y’ubukure, ryashyizwe mu muhezo abantu baje gukurikirana urubanza bicaye mu cyumba cy’iburanisha.
Iburanisha ryagombaga kuba mbere ya saa sita z’amanywa, ariko abunganizi mu mategeko batanu bari ku ruhande rwa mugenzi wabo ushinjwa iki cyaha bamwe ntabwo bari bahari, Urukiko rwimurira urubanza saa munani n’igice (14h30).
Urukiko rwahaye ijambo Ubushinjacyaha kugira ngo buvuge ibyo bumushinja. Ubushinjacyaha buvuga ko bushingiye ku ngingo ya 26 irengera umwana, no kurinda imibereho bwite y’umwana igomba kurengera umwana uvugwa muri iyo ngingo.
Ubushinjacyaha buvuga ko iburanisha ribera mu muhezo.
Mu mpaka zatwaye umwanya utari muto, abunganizi batatu bari bahagararanye na mugenzi wabo uregwa imbere y’inteko iburanisha, babwiye Urukiko ko iri tegeko rireba umwana mu gihe urubanza rugiye kuburanishwa mu mizi.
Abunganira uregwa bagaragaje ko itegeko uwo rivuga ari umwana uregwa kandi akaba ari iburanisha mu mizi y’urubanza.
Aha ubushinjacyaha bwagaragaje ko atariko itegeko ribiteganya ko ahubwo rireba uregwa, ndetse n’uwakorewe icyaha ari umwana kandi ko atari mu gihe cy’urubanza mu mizi gusa, ahubwo ari iburanisha iryo ari ryo ryose mu gihe uregwa cyangwa uwakorewe icyaha ari umwana.
Bityo hagomba kubahirizwa ibiteganywa n’itegeko urubanza rukabera mu muhezo.
Urukiko rwanzuye ko iburanisha ry’uru rubanza rigiye kubera mu muhezo, abunganizi batambaye umwenda wabugenewe badahari, ndetse n’abari baje gukurikirana iburanisha bose basohotse mu Rukiko.
UMUSEKE ufite amakuru ko umwana w’umukobwa uyu wunganira abantu mu mategeko akekwaho gusambanya, yabikoze umukobwa afite imyaka 16 y’amavuko, ubu akaba afite umwana w’imyaka ibiri.
Uregwa iki cyaha afite imyaka hafi 75 y’amavuko.
UMUSEKE uzakomeza gukurikirana imyanzuro Urukiko ruzaba rwafashe.
MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Muhanga.


