Arsenal yemeje ko William Saliba yongereye amasezerano

HABIMANA Sadi
1 Min Read

Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, yemeje ko myugariro wa yo ukomoka mu Bufaransa, William Saliba yongereye amasezerano y’imyaka itanu.

Iyi kipe y’i Londres, yemeje ko uyu musore w’imyaka 24, yongereye amasezerano azamugeza mu 2030.

Ni nyuma y’uko ikipe ya Real Madrid yari imaze igihe imwifuza ndetse n’ibiganiro hagati y’impande zombi, bikaba byarabaye ariko uyu mukinnyi ahitamo kuguma mu Bwongereza.

Kuva yagera mu ikipe y’Abarashi mu 2019, Saliba amaze kuyikinira imikino 140 mu marushanwa yose. Ni umwe mu beza iyi kipe igenderaho mu gice cy’ubwugarizi.

Muri Saint-Etienne y’iwabo mu Bufaransa, ni ho uyu musore yatangiriye gukina nk’uwabigize umwuga nyuma yo kubanza gukina mu bato ba yo. Ni umwe kandi mu bagenderwaho mu ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa.

William Saliba yongereye amasezerano azamugeza mu 2030
Saliba ni umwe mu beza Arsenal ifite

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *