Amavubi yatsindiwe muri Nigeria

HABIMANA Sadi
3 Min Read

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru, Amavubi, yatsinzwe na Nigeria igitego 1-0 mu mukino w’umunsi w’umunsi wa Karindwi mu guhatanira kujya mu Gikombe cy’Isi 2026.

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 6 Nzeri 2025, ni bwo ikipe y’Igihugu ya Nigeria yakiriye Amavubi mu mukino w’umunsi wa Karindwi mu yo guhatanira itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi 2026.

Ni umukino watangiye Saa Kumi n’Ebyiri z’Umugoroba za Kigali, ubera kuri Godswill Akpabio Stadium iherereye mu gace ka Uyo.

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda itahabwaga amahirwe na benshi, yagerageje gucunga neza izamu rya yo kugeza ubwo iminota 45 y’igice cya Mbere yarangiye amakipe yombi anganya 0-0.

Mu kugaruka mu gice cya Kabiri, nta bwo Super Eagles yatinze kuko ku munota 50 w’umukino, yari ibonye izamu ku mupira wari uvuye ku ruhande rw’ibumoso maze Aina awushyira mu izamu ariko Fiacre arawugarura maze Tolu Arokodore ahita awusubizamo.

Abasore b’Amavubi babaye beza mu gice cya mbere, bakomeje gusunika ngo bashake kwishyura igitego ariko Nigeria ikomeza kubabera ibamba.

Super Eagles yanyuzagamo igashaka ikindi gitego, yakomeje gucunga icyo yari yatsinze kugeza iminota 90 irangiye ibonye intsinzi.

Nigeria yahise igira amanota 10, ifata umwanya wa Gatatu mu itsinda C riyobowe na Afurika y’Epfo n’amanota 16 mu gihe Amavubi ari ku mwanya wa Kane n’amanota umunani.

U Rwanda rusigaje umukino umwe gusa ruzakina na Zimbabwe Ku wa Kabiri, tariki ya 9 Nzeri uyu mwaka, muri Afurika y’Epfo.

Amavubi yatsindiwe muri Nigeria igitego 1-0
Super Eagles yabonye amanota atatu yo mu rugo
Manzi na Victor Osimhen babaga bacunganye buri kanya
Kapiteni w’Amavubi, Bizimana Djihad, yatanze byose ariko ntiwari umunsi wa bo
Umukino uhuza Super Eagles n’Amavubi umaze kuzamo guhangana kudasanzwe
Abanyarwanda bakumbuye igitego cya Nshuti Innocent
Fitina Omborenga ubwo yazamukanaga umupira
Mutsinzi Ange nawe ntiyoroheye Osimhen
Kavita ntacyo yimye Amavubi
Abakinnyi 11 Amavubi yabanjemo
11 ba Super Eagles

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *