Umutoza mukuru w’ikipe y’ikipe y’Igihugu y’abagore y’umupira w’amaguru [She-Amavubi], Casa Mbungo André, yahamagaye abakinnyi 25 b’abangavu bari munsi y’imyaka 20 bagomba kwitegura aba Nigeria mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026.
Mu rwego rwo kwitegura hakiri kare imikino ibiri ya Nigeria, uyu mutoza w’ikipe y’Igihugu y’abagore, yahamagaye abangavu bari munsi y’imyaka 20 bagomba gutangira imyitozo itegura umukino ubanza.
Casa yahamagaye 25 agomba gukurikirana, cyane ko ikipe ya Nigeria iri mu nziza muri Afurika mu cyiciro cy’abagore.
Hahamagawe: Iramuzi Belyse [Mutunda WFC], Uwamahoro Rosine [APAER WFC], Jyetsimani Tabita [Gatsibo WFC], Mutoni Jeannette [APR WFC], Umutoni Rehma [Nyagatare WFC], Ndayizeye Chance [APR WFC], Mushikiwabo N.Honnette [Gatsibo WFC], Ihirwe Regine [APR WFC], Muhawenimana Claire [Macuba WFC], Uwase Bonnette [APR WFC], Niyubahwe Amina [APAER WFC] na Maombi Joana [APR WFC].
Hahamagawe kandi Abimana Laurence [APR WFC], Gisubizo Claudette [APR WFC], Mutuyimana Sandrine [Inyemera WFC], Ishimwe Darlène [Forever WFC], Uwingeneye Grace [APAER WFC], Nirere Egidie [APR WFC], Murekatete Claudette [Kamonyi WFC], Nirere Des Anges [APAER WFC], Dukundane Elvine [Mutunda WFC], Gikundiro Scholastique [Rayon Sports WFC], Uwase Fatina [APR WFC], Kabavuke Phionah [Kamonyi WFC] na Uwimpuhwe Bénitha [Gatsibo WFC].
Biteganyijwe ko umukino ubanza uzakinwa mu mpera za Nzeri 2025. Umukino w’ijonjora ry’ibanze, u Rwanda rwasezereye Zimbabwe.


UMUSEKE.RW


