Nyuma y’iminsi abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye umujyi wa Nzibira wari ihuriro ndetse n’ahategurirwa ibitero by’ingabo za Leta ya Congo n’imitwe bafatanyije, batangaje ko bagomba kubohora Uvira, Mwenga na Kisangani.
Umujyi wa Nzibira ni umwe mu y’ingenzi muri Kivu y’Amajyepfo, uzwiho ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro arimo gasegereti na zahabu.
AFC/M23 yafashe byuzuye uyu mujyi ku wa 22 Nzeri 2025, ariko guverinoma ya RDC ikomeza kuvuga ko FARDC na Wazalendo barwanye umuhenerezo, ko uyu mujyi utari mu biganza by’abo bita abanzi.
Mu nama n’abaturage yabereye imbere ya Hotel La Trinité mu mujyi wa Nzibira, Umuyobozi wungirije w’abarwanyi ba M23, Brig. Gen. Bernard Byamungu, yashimangiye ko intego yabo ari ukubohora abaturage.
Yavuze ko ibitero byategurirwaga muri uyu mujyi byahitanaga inzirakarengane hirya no hino, ari na yo mpamvu birukanye FARDC n’abambari bayo, anongeraho ko n’aho bahungiye bazahabambura.
Yagize ati: “Kinshasa ntishaka guhagarika intambara. Indege zazanye abasirikare benshi hano; twafashe kandi ama-bombe menshi bateraga mu baturage.”
Brig. Gen. Byamungu yabwiye abaturage ko mu gihe Tshisekedi aticishije bugufi ngo bagirane ibiganiro byuzuye, igisirikare cya M23 gifite ubushobozi bwo kurwana kugera i Kinshasa.
Yagize ati: “Nta gisirikare bafite; icyo bazi ni ubujura no gutoteza abaturage ndetse no gushyiraho amabariyeri mu nzira.”
Yavuze ko igisirikare cya AFC/M23 ari icy’abaturage, nta n’umwe uhejwe, asaba abifuza kubiyungaho kuva inyuma ya Wazalendo na FARDC bakaza gufatanya gukuraho ubutegetsi bujegajega.
Abarwanyi ba AFC/M23 bavuze ko bazakurikira Wazalendo n’ingabo za Leta bahungiye mu cyerekezo cy’Umujyi wa Kisangani mu Ntara ya Tshopo.
Bavuga ko uyu mujyi wa Kane muri Congo ukoreshwa nk’ibirindiro bidasanzwe by’indege z’intambara na drones mu kugaba ibitero ku baturage bo mu bice bagenzura.
Abarwanyi ba M23 bagaragaje kandi ko bagomba kubohora Shabunda kugira ngo bafunge inzira y’ubufasha bwa FARDC na Wazalendo buturuka ku bibuga by’indege bya Kindu na Kisangani.
Basabye kandi abatuye umujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu y’Epfo kwihanganira akajagari n’ingaruka z’ubugizi bwa nabi bari gukorerwa n’ubutegetsi, basobanura ko bazabohorwa vuba.
AFC/M23 ihamya ko iri mu misozi miremire ikikije uyu mujyi uri mu Kibaya cy’Ikiyaga cya Tanganyika, kandi ko Wazalendo na FARDC badafite ubushobozi bwo kubitambika, isaha n’isaha bawufata.
Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa, aherutse gutangaza ko bafite inshingano yo kubohora igihugu, kandi ko abatuye mu duce babohoye bazagerwaho n’imiyoborere myiza.
Yagize ati: “Akazi kacu ni ukubohora Repubulika ya Demokarasi ya Congo, by’umwihariko abaturage ba Congo basubizwe agaciro.”
Nangaa yavuze ko impinduramatwara ikenewe cyane kuko Guverinoma ya Kinshasa yananiwe kuyobora igihugu, iheza Abanye-Congo bamwe, abandi irabihakana.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW


