Abayobozi batandukanye muri Ghana bishwe n’impanuka y’indege

Ange Eric Hatangimana
2 Min Read

Ubuyobozi bw’ingabo muri Ghana bwatangaje ko Minisitiri w’Ingabo na Minisitiri w’Ibidukikije bapfiriye mu mpanuka ya kajugujugu.

Iyi mpanuka yabereye mu gihugu hagati mu gace ka Ashanti, aho kajugujugu yari itwaye abantu 8.

Umugaba Mukuru w’ingabo muri Ghana, Julius Debrah yabwiye abanyamakuru ko Minisitiri w’Ingabo Edward Omane Boamah, na Minisitiri w’Ibidukikije, n’Ikoranabuhanga Ibrahim Murtala Muhammed, bapfanye mu mpanuka.

BBC ivuga ko igisirikare kirwanira mu kirere muri Ghana cyari cyatangaje ko kajugujugu itwaye bariya bantu yabuze ku byuma kabuhariwe bigenzura indege bizwi nka radar.

Iriya ndege yahagurutse ku murwa mukuru, i Accra, saa 09:12 a.m (ni saa 11h12 ku isaha y’i Kigali), ikaba yerekezaga mu gace gakorerwamo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ka Obuasi mu rwego rw’akazi.

kugeza ubu ntabwo ubuyobozi bwavuze icyateye iriya mpanuka. Umugaba Mukuru w’ingabo muri Ghana, Julius Debrah yasabye ko ibendera ry’igihugu ryururutswa kugezamo hagati.

Mu izina rya Perezida John Dramani Mahama na Guverinoma y’icyo gihugu, uriya muyobozi yihanganishije imiryango yabuze abo bapfuye bari “mu kazi k’igihugu”.

Mu bandi bapfuye harimo Umuyobozi wungirije w’Inama y’Umutekano muri Ghana, akaba yaranabaye Minisitiri w’Ubuhinzi,  Alhaji Muniru Mohammed, na Samuel Sarpong, wari Umuyobozi wungirije w’Ishyaka riri ku butegetsi, (National Democratic Congress).

Abari batwaye indege na bo basize ubuzima muri iyi mpanuka.

Abari mu ndege bose bamenyekanye

BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *