Abatavuga rumwe na Tshisekedi basanga urubanza rwa Kabila ari nka’Comedy’

NDEKEZI Johnson
3 Min Read

Abatavuga rumwe na Tshisekedi, barimo ishyaka rya Augustin Matata Ponyo wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa RDC, bavuga ko urubanza rwa Joseph Kabila rumeze nka filime y’urwenya.

Ishyaka rya Matata, wakatiwe n’ubutabera bwa RD Congo kumara imyaka 10 akora imirimo y’agahato nyuma yo guhamwa no kurya ruswa, ryavuze ko ibyo Kabila aregwa ari ibipapirano gusa.

Matata yiyamamaje ahanganye na Perezida wa DRC, Félix Tshisekedi, mu matora yo 2023, ariko nyuma ava mu bikorwa byo kwiyamamaza ashyigikira umukandida Perezida Moïse Katumbi.

Mu butumwa bwo kuri X, Ishyaka rye rya LGD ryamaganye uru rubanza, rirwita ikinamico y’urwenya, rivuga ko ari igitero gikomeye cyagabwe kuri Kabila kugira ngo yicwe.

Ryagaragaje ko uru rubanza ari gihamya y’ukuntu ubutabera butagira ikimwaro bwakoreshejwe hagamijwe gutera ubwoba no gucecekesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Iri shyaka ryasabye Urukiko Rukuru rwa Gisirikare kwima amatwi icyifuzo cy’ubushinjacyaha gisaba ko Kabila akatirwa igihano cy’urupfu, ko byaba ari nko gusuka lisansi mu muriro ugurumana.

Si LGD gusa, Prince Epenge, umuvugizi w’ihuriro Lamuka riyobowe na Martin Fayulu, nawe yanenze imyitwarire y’abanyamategeko bunganira Leta, avuga ko baruhinduye ikibuga cy’amaco y’inda n’ubuswa bukabije.

Umunyapolitiki Néhémie Mwilanya, mu cyumweru gishize, yanenze uru rubanza avuga ko rukoreshwa mu nyungu za politiki, yongeraho ko ari ‘icyaha ku gihugu.’

José Makila Sumanda, wahoze ari Minisitiri w’Ibikorwa Remezo muri RD Congo, yavuze ko uru rubanza rugamije gusenya ihame ry’ubutegetsi bushingiye ku mategeko na demokarasi.

Abatavuga rumwe na Leta basaba ko hakwiriye gutegurwa ibiganiro birimo impande zose, bikajyanwa n’ubuhuza bwa CENCO-ECC, kugira ngo hashakwe igisubizo mu mahoro aho gukongeza urwango.

Joseph Kabila ashinjwa ibyaha by’intambara birimo kugaba ibitero ku basivili, ku nkambi, ku bitaro, ku mashuri, ubuhotozi, gusahura no kugambanira igihugu.

Umushinjacyaha Mukuru mu Bushinjacyaha bw’Ingabo, Lt Gen Likulia Bakumi Lucien-René, ku wa 22 Kanama ubwo uru rubanza rwapfundikirwaga, yasabiye Kabila igihano cy’urupfu.

Lt Gen Likulia yasobanuye ko Kabila yagize uruhare rukomeye mu byaha byakozwe n’ihuriro AFC/M23 mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, kuko ngo ari we muyobozi waryo.

Ku wa 21 Kanama, abanyamategeko baharanira inyungu za Leta ya RDC muri uru rukiko basobanuye ko imitungo ya Kabila ibarirwa muri miliyari 32 z’amadolari, bityo ikwiye gufatirwa kuko yasahuwe igihugu.

Aba banyamategeko basabye urukiko kandi guca Kabila indishyi ya miliyari 21 z’amadolari, izahabwa Leta ndetse n’abo bavuga ko bagizweho ingaruka n’ibyaha bye mu Burasirazuba bwa RDC.

Bari basabye Urukiko kwemeza ko Kabila wayoboye igihugu imyaka 18 atari Umunye-Congo kuko ngo yahoze ari Umunyarwanda witwaga Hyppolite Kanambe.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *