Abafana b’ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bangije Stade des Martyrs i Kinshasa nyuma yo gutsindwa na Sénégal ibitego 3-2 mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026, none intebe zasahuwemo zatangiye kugirishwa n’abanye-Congo.
Ibikorwa byo kwangiza iyi Stade ndetse no gusahuramo bimwe birimo intebe, byabaye ku wa Kabiri, tariki ya 9 Nzeri 2025. Abasore ba Les Léopards, bari babanje kubona ibitego bibiri hakiri kare byatsinzwe na Cédric Bakambu ku munota wa 25 na Yoane Wissa ku wa 32 ariko Sénégal birangira itsinze umukino ku bitego 3-2.
Abanya-Sénégal batsindiwe na Pape Gueye ku munota wa 38, Nicolas Jackson ku wa 53 na Pape Matar Sarr ku wa 86 ari nawe waje gutanga intsinzi yatumye i Kinshasa hangizwa n’abanye-Congo bababajwe n’ibyari bibabayeho.
Abafana ba DRC bari muri Stade des Martyrs, baganjwe n’umujinya maze bangiza ibirimo intebe za Stade, bamenagura ibirahure n’ibindi byinshi bangije.
Ni ibintu byanenzwe na benshi nk’uko byagiye bigaragaraga mu mashusho yashyizwe kuri X yahoze yitwa Twitter.
Mu mashusho yagaragaye kuri X, yagaragaje umwe mu basahuye intebe muri Stade de Martyrs ari kuzigurishiriza muri rimwe mu masoko yo mu Mujyi wa Kinshasa muri DRC.
Inzego zitandukanye zifite aho zihuriye n’umupira wa Afurika, zasabye CAF ko yafatira ibihano iki gihugu mu rwego rwo guca umuco wo kudahana. Abasaba ibi bihano, basaba ko ikipe gihugu cyakwamburwa kongera kwakirira imikino kuri iyi Stade cyangwa se byanaba, abafana bakaba babuzwa kwinjira.





UMUSEKE.RW



I appreciate you sharing this blog post. Thanks Again. Cool.