Abanyamakuru babiri bahawe inshingano muri Mukura VS

HABIMANA Sadi
1 Min Read

Ubuyobozi bwa Mukura VS iterwa inkunga n’Akarere ka Huye, bwahaye inshingano abanyamakuru b’imikino, Ishimwe Olivier “Ba” wa Isango Star na Uwanyirawe Antonio. Bombi bahawe inshingano muri Komite y’abafana b’iyi kipe ku rwego rw’Igihugu.

Ibi byarangarijwe mu Nama y’Inteko Rusange y’abanyamuryango ba Mukura VS, yabaye kuri iki Cyumweru mu Akarere ka Huye.

Ishimwe yagizwe Umunyamabanga Mukuru muri Komite y’iyi kipe ku rwego rw’Igihugu mu gihe Antonio wa BTN TV ari we washinzwe Ubukangurambaga bw’abafana ba yo ku rwego rw’Umujyi wa Kigali.

Ni mu gihe Ntahobavukira Étienne yongeye gutorerwa kuba Perezida w’Abafana ba Mukura VS&L.

Iyi kipe kandi yemeje ko izakoresha ingengo y’Imari ingana na miliyoni 400 Frw mu mwaka w’imikino 2025/2026. Aya arimo miliyoni 170 Frw azatangwa n’Akarere ka Huye, azava mu banyamuryango b’ikipe, azava mu myambaro y’ikipe izagurishwa, azava mu bafana bazinjira ku mikino yakiriye ndetse n’abandi bafatanyabikorwa nka Volcano Ltd n’abandi.

Antonio yashinzwe Ubukangurambaga muri Komite y’abafana ba Mukura VS mu Mujyi wa Kigali
Ntahobavukira Étienne yatorewe kuyobora Komite y’abafana ba Mukura VS ku rwego rw’Igihugu
Ishimwe Olivier yagizwe Umunyamabanga Mukuru muri Komite y’abafana ba Mukura VS ku rwego rw’Igihugu

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *