Umutoza w’ikipe y’Igihugu y’Abagore y’Umupira w’Amaguru [She-Amavubi], Casa Mbungo André, yahamagaye ikipe y’Igihugu y’Abangavu batarengeje imyaka 20 mu mwiherero wo kwitegura iy’Igihugu ya Nigeria mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026.
Uyu mwiherero w’aba bangavu b’u Rwanda, watangiye kuri uyu wa mbere, tariki ya 15 Nzeri 2025. Uretse Gikundiro Scholastique na Ihirwe Regine bari kumwe na Rayon Sports WFC muri Kenya mu mikino ya Cecafa, abandi bose batangiranye imyitozo n’abatoza ba bo.
Abakinnyi 22 Mbungo yahamagaye, barimo abanyezamu batatu, Uwamahoro Rosine [APAER WFC], Iramuzi Belyse [ES. Mutunda WFC] na Maombi Joana [APR WFC]. Hahamagawe barindwi bakina mu gice cy’ubwugarizi.
Aba barimo Uwase Bonnette [APR WFC], Mushikiwabo N.Honette [Gatsibo WFC], Niyubahwe Amina [APAER WFC], Umutoni Rehma [Nyagatare WFC], Muhaweninama Claire [Macuba WFC], Ihirwe Regine [APR WFC] na Ndayizeye Chance wa APR WFC.
Hahamagawe kandi barindwi bakina hagati mu kibuga. Aba barimo Gikundiro Scholastique wa Rayon Sports WFC, Dukundane Elvine wa ES.Mutunda WFC, Mutoni Jeannette wa APR WFC, Uwase Fatina wa APR WFC, Rwemera Keilia wa APR WFC, Ikuze Mutesayire wa PSG Academy na Bateta Challon wavuye mu Isonga.
Abataha izamu, hahamagawe abagera kuri batanu. Barimo Mutuyimana Sandrine wa Inyemera WFC, Uwingeneye Grace wa APAER WFC, Abimana Laurence wa APR WFC, Gisubizo Claudette wa APR WFC na Ishimwe Darleine wa Forever WFC.
Aba bakinnyi bari kwitoreza kuri Kigali Pelé Stadium ku masaha ya mbere ya Saa sita guhera kuri uyu wa mbere.
Umukino ubanza, uteganyijwe kuzabera kuri Kigali Pelé Stadium ku Cyumweru, tariki ya 21 Nzeri 2025 Saa Cyenda z’amanywa. Uwo kwishyura uzabera muri Nigeria kuri Lekan Salami Stadium tariki ya 27 Nzeri 2025 Saa Cyenda z’amanywa.












UMUSEKE.RW


