Umutoza mukuru wa Rayon Sports Women Football Club, Rwaka Claude, yasabye inzego bireba gushyigikira abagore bakina umupira w’amaguru nk’uko abagabo bakina uwo mukino bitabwaho.
N’ubwo umupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda ufite ibyo kwishimira bimaze kugerwaho birimo amarushanwa agenda yiyongera, ibihembo bigenda bizamuka ariko haracyanarimo ibindi bikwiye gushyirwamo imbaraga birimo no guhindura imyumvire ku bareba shampiyona ya bo.
Umwe mu batoza bamaze imyaka ibiri mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda, Rwaka Claude, aganira na UMUSEKE yasabye inzego zirimo Ishyirahamwe rya ruhago mu Rwanda, Ferwafa na Minisiteri ya Siporo, kwita no guha agaciro abakobwa bakina uyu mukino nk’uko basaza ba bo bitabwaho.
Ati “Nanashishikariza ari Ferwafa ari Minisiteri ya Siporo kuguma kuyishyiramo imbaraga cyane kuko ubona ko abana b’abakobwa barabikunze cyane. Rero ikintu gisigaye ni uko bitabwaho cyane bagafashwa nk’uko basaza ba bo bafashwa.”
Gusa n’ubwo uyu mutoza avuga ibi, mu minsi ishize mbere gato y’uko Amavubi y’Abagore akina na Misiri mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi, Perezida wa Ferwafa, Munyantwari Alphonse yavuze ko ubu ibihembo bitangwa mu makipe y’Igihugu y’abagabo, bingana n’ibizajya bihabwa amakipe y’Igihugu y’abagore ku mikino batsinze.
Ibi byakozwe mu rwego rwo guha agaciro abagore bakina ruhago mu Rwanda. Ikirenze kuri ibi kandi, ubu ruhago y’abagore mu Rwanda ifite uyireberera, Casa Mbungo André wanahawe akazi gahoraho ko gutoza ikipe y’Igihugu y’Abagore (She-Amavubi) ndetse n’amakipe y’abangavu yose.






UMUSEKE.RW



Grandview | Kıbrıs emlak fırsatları , satılık daire Kıbrıs , kiralık daire Kıbrıs , Kıbrıs satılık villa, Kıbrıs yatırım danışmanlığı, Kıbrıs satış ve kiralama hizmetleri