Myugariro ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Aaron Wan-Bissaka, ashobora kwemera gukinira igihugu cye nyuma y’uko abonye Pasiporo y’icyo gihugu imweremerera kuzagikinira iki gihugu.
Uyu musore ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo [DRC], yavukiye mu Bwongereza mu Mujyi wa Croydon. Yakiniye amakipe yose y’abato y’u Bwongereza ariko gukinira ikipe nkuru biracyari ingorabahizi.
Aaron Wan-Bissaka w’imyaka 27, kuri ubu yamaze guhabwa Pasiporo y’iwabo muri DRC ndetse mu mu mikino ikipe y’Igihugu izakina mu minsi iri imbere mu marushanwa atandukanye, ashobora kuzayikinira.
Uyu myugariro w’iburyo, yazamukiye mu ikipe y’abato ya Crystal Palace ndetse ayikinira hagati ya 2017 na 2019 ubwo yahitaga yerekeza muri Manchester United yakiniye imyaka itanu mbere yo kwerekeza muri West Ham United.

UMUSEKE.RW



vjqpnk