Breaking: Kabila wabaye Perezida wa Congo yahanishijwe kwicwa

Ange Eric Hatangimana
1 Min Read
Perezida Joseph Kabila wahaye ubutegetsi Perezida Antoine Felix Tshisekedi (Archives)

Urukiko Rukuru rwa gisirikare muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, rwahamije ibyaha Joseph Kabila wabaye Perezida w’icyo gihugu, rumuhanisha igihano cy’urupfu kitagomba kugabanywa.

Mu masaha y’umugoroba kuri uyu wa Kabiri nibwo Urukiko rwa Gisirikare rwatangiye gusoma urubanza ruregwamo Joseph Kabila uburanishwa adahari.

Urukiko rwamuhanishije igihano cy’urupfu, runategeka ko agomba guhafatwa ako kanya.

Yahamijwe ibyaha birimo gufata ku ngufu, gushyigikira imitwe igamije kurwanya ubutegetsi, ubugambanyi, kugambirira guhirika ubutegetsi no gushishikariza ibikorwa bigamije intambara.

Urukiko rwa gisirikare rwavuze ko amakuru yagaragaye yerekana ko Joseph Kabila yagiranye imikoranire n’ubutasi bw’u Rwanda, igihugu ruvuga ko ari umwanzi wa Congo n’ “abakozi barwo ari bo AFC/M23 bateje intambara kuri Congo.

Isomwa ry’uru rubanza ryamaze hafi amasaha atanu, Urukiko ruvuga ko Joseph Kabila ari Umunye-Congo bitandukanye n’uko ubutegetsi bumwita Umunyarwanda, urukiko ruvuga ko atari kuba umunyamahanga ngo ayobore igihugu, anabe Umugaba mukuru w’Ingabo za Congo, ndetse ubu akaba afite icyubahiro cya Senateri ubuzima bwe bwose.

Urukiko rwategetse ko Kabila azishyura miliyari 29 z’amadolari ku baregera indishyi barimo Leta ya Congo n’imiryango y’abakorewe ibyaha muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu ya Ruguru, ndetse ngo azatanga n’amagarama y’urubanza.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *