Abakandida umunani batangiye guhatanira kuyobora Uganda

MUGIRANEZA THIERRY
3 Min Read

Abakandida umunani biyamamariza umwanya wa Perezida muri Uganda batangiye ibikorwa byo kwiyamamaza bashaka amajwi azabaherekeza kugeza muri Mutarama 2026, ubwo hazaba haba amatora.

Ni ibikorwa byatangiye none tariki 29 Nzeri 2025 bikazageza tariki 12 Mutarama 2026, ubwo amatora azaba agiye kuba.

Urutonde ntakuka rw’abiyamamaza ruriho abakandida umunani barimo ab’amazina manini muri politiki ya Uganda.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni ari ku rutonde nk’umukandinda w’Ishyaka rya NRM, rinari ku butegetsi.

Abandi bazaba bashaka intebe iruta izindi  barimo, Mugisha Muntu w’Ishyaka rya Alliance for National Transformation, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine na Mubaraka Munyangwa.

Ku munsi wa mbere w’ibikorwa byo kwiyamamaza, Ishyaka rya NRM ryo ryahuriye mu nama yaguye yo gutangaza ‘manifesto’, izayobora ibikorwa byo kwamamaza Perezida Yoweri Kaguta Museveni.

Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine w’Ishyaka rya National Unity Platform, akaba ari nawe uhabwa amahirwe cyane yo guhangana na Museveni nyuma y’uko mu matora aheruka ya 2021 yari yagize amajwi 35%. Perezida Yoweri Kaguta Museveni akagira amajwi 58%.

Bobi Wine we n’abamushyigikiye mu ngofero z’umutuku batangirije ibikorwa byo kwiyamamaza mu gace ka Busoga mu Burasirazuba bwa Uganda, akomereza i Jinja mu Majyaruguru y’icyo Gihugu.

Mubarak Munyagwa w’Ishyaka rya Common Man’s Party, uyu mbere yo gutangira ibikorwa byo kwiyamamaza yabanje asangira ifunguro n’abarwanashyaka be anasengera ku musigiti wa Bwaise uherereye mu Mujyi wa Kampala mbere yo gutangira ibikorwa byo kwiyamamaza mu gace ka Kawempe.

Muri Mutarama 2026, nibwo muri Uganda hazaba amatora ya Perezida, amatora na Perezida Museveni utegetse Uganda kuva mu 1986, nyuma yo gutsinda urugamba rwahiritse ubutegetsi bwa Milton Obote, aziyamamazamo.

Ku wa 29 Mutarama 1986, Museveni yatangaje ko ari we Perezida wa Uganda. Kugeza n’uyu munsi niwe uyoboye iki Gihugu.

Mu matora ya 2026 byitezwe ko Museveni azahangana na Robert Kyagulanyi.

Uyu mugabo ni umwe mu bakunzwe cyane, bitewe ahanini n’ibigwi yari afite mu muziki aho yamenyekanye ku izina rya ‘Bobi Wine’.

Bobi Wine yinjiye muri politike ku mugaragaro mu 2017 nk’Umudepite.

Abarwanashyaka ba NUP ya Bobi Wine bari benshi
NRM ya Museveni umunsi wa mbere yawuhariye gutangaza manifesto

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

 

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *