Sadate Munyakazi yemereye Rayon Sports agahimbazamusyi gatubutse

MUGIRANEZA THIERRY
1 Min Read

Uwahoze ayobora Rayon Sports, Sadate Munyakazi, yemereye abakinnyi n’abatoza ba Rayon Sports ko nibasezerera Singida Big Stars buri umwe amuha amadolari 100 y’agahimbazamusyi.

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 27 Nzeri 2025 Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba za Kigali, muri Tanzania hateganyijwe umukino wo kwishyura wa Singida Big Stars mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup, ubera kuri Azam Complex Stadium.

Murera yatsindiwe i Kigali igitego 1-0, irasabwa gutanga byinshi kugira ngo ibe yasezerera aba banya-Tanzania bayobowe na kabuhariwe, Aucho.

Mu rwego rwo kubatera akanyabugabo, abayobozi ba Rayon Sports bakomeje gutumbagiza uduhimbazamusyi tw’abakinnyi n’abatoza hagamijwe kubashyigikira ngo babashe gusezerera Singida Big Stars n’ubwo bimeze nko kurira umusozi.

Nyuma y’agahimbazamusyi k’ibihumbi 200 Frw ubuyobozi bwemeye, hiyongereyeho andi madolari 100 kuri buri mukinnyi n’umutoza. Aya yatanzwe na Sadate Munyakazi wayoboye iyi kipe.

Abakinnyi bashobora kubanzamo ku ruhande rw’iyi kipe yo mu Nzove, ni Ndzila, Yussu, Chris Rushema, Musore Prince, Kabange, Bigirimana Abedi, Niyonzima Olivier Seifu, Ndayishimiye Richard, Magloire, Kitoga na Habimana Yves.

Sadate Munyakazi yemereye abakinnyi ba Rayon Sports agahimbazamusyi k’amadolari 100 kuri buri umwe

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *