David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora UCI

HABIMANA Sadi
3 Min Read

Abanyamuryango b’Impuzamashyirahamwe y’Umukino wo Gusiganwa ku Magare ku Isi [UCI], bongeye kugurira icyizere Umufaransa, David Lappartient ngo akomeze abayobore mu yindi myaka ine iri imbere.

Byaciye mu Nama y’Inteko Rusange ya 194 yahuje abanyamuryango ba UCI, yabereye i Kigali ku wa Kane, tariki ya 25 Nzeri 2025. Ni inama y’Inteko Rusange yahuje abanyamuryango 117 baturutse ku Migabane itanu.

Hashingiwe ku ngingo ya 41 y’amategeko shingiro ya UCI, mu gika cyayo cya gatatu: “Iyo hari umukandia umwe ku mwanya cyangwa hari abakandida benshi bangana n’imyanya, amatora aba nta gutanga amajwi kubayeho.”

Iyi ngingo yahise ituma Lappartient yongera gutorerwa kuyobora UCI ku nshuro ya Gatatu nyuma yo gutorwa mu 2017 na 2021. Ibi bibaye nyuma y’uko uyu mugabo yari yarifuje ko Shampiyona y’Isi y’Umukino w’Amagare, ibera ku Mugabane wa Afurika, none akaba yarabigezeho, ikaba iri kubera i Kigali mu Rwanda.

Muri Werurwe uyu mwaka, ni bwo David w’imyaka 52, yari yiyamamarije kongera kuyobora UCI.

Mbere yo gutorerwa kuyobora UCI, Lappartient yayoboye Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Bufaransa (FFC) ndetse n’Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare i Burayi (UEC).

Mu gihe cya vuba, yafatanyaga kuyubora UCI no kuba Perezida wa Komite Olempike y’u Bufaransa, ariko izi nshingano za nyuma azihagarika muri Gicurasi 2023.

Abandi batowe barimo Umunya-Algérie, Khireddine Barbari watorewe kuyobora Impuzamashyirahamwe y’umukino wo Gusiganwa ku Magare muri Afurika, umunya-Canada, Pierre Laflamme watorewe kuyobora Impuzamashyirahamwe y’uyu mukino ku Mugabane wa Amerika.

Hari kandi, umunya-Oman, Saif Subaa Al-Rushaidi watorewe kuyobora Umugabane wa Aziya, Umufaransa, Michel Callot, watorewe kuyobora igice cy’i Burayi akaba yungirijwe n’abarimo Rocco Cattaneo ukomoka mu Busuwisi, Hendrik Jess Jensen ukomoka muri Denmark, Agata Lang-Lelangue ukomoka muri Pologne, Emin Müftüoglu ukomoka muri Turquie, Katerina Nash wo muri Repubulika ya Czech na Tom Van Damme ukomoka mu Bubiligi.

Umugabane wa Osiyaniya, wahawe umunya-Australie, Anne Gripper.

Abandi 11 bakomoka mu Migabane itandukanye, na bo batorewe kwiyongera ku bayobozi b’Imigabane uko ari itanu kugira ngo bazabe babunganira muri izi nshingano.

Mu Nama yabereyemo ayo matora kandi, hemerejwemo ko Umujyi wa Montreal (Canada) uzakurikira uwa Kigali kwakira Shampiyona y’Isi mu 2026, hakurikireho French Alps (u Bufaransa) mu 2027, Abu Dhabi (Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu) mu 2028, Roskilde (Danemark) mu 2029, Brussels (u Bubiligi) mu 2030 na Trentino (u Butaliyani) mu 2031.

David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora UCI kugeza mu 2029
Perezida Kagame yitabiriye inama ya UCI yabereye bwa mbere ku Mugabane wa Afurika
Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame yashimye Lappartient ku miyoborere ye
Ni inama u Rwanda rwari ruhagarariwe na Perezida, Paul Kagame na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire
Inama yabaga ku nshuro ya 194

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *