Ikipe y’Igihugu ya Australia yegukanye umudali wa Zahabu mu isiganwa rya Shampiyona y’Isi y’Amagare rya “Team Time Trial Mixed Relay”, aho abagabo n’abagore bakinira hamwe nk’ikipe, bose basiganwa n’igihe, nyuma yo gukoresha iminota 54 n’amasegonda 3 ku ntera y’ibilometero 41,8.
Ikipe y’u Rwanda yo yaje ku mwanya wa 11 irushwa iminota 8 n’amasegonda 38 n’ikipe ya mbere.
Ni mu isiganwa ryakinwe none ku wa Gatatu tariki 24 Nzeri 2025, iri rikaba ritamaze igihe kuko ryatangiye kuva mu 2019 aho ikipe y’igihugu ikinisha abakinnyi batandatu barimo abagabo batatu n’abagore.
Bitandukanye n’iminsi itatu yabanje, isiganwa rya none ryatangiriye kuri Kigali Convention Center aho kuba muri BK Arena.
Abakinnyi b’abagabo (batatu) nibo babanzaga mu muhanda, bagakora intera y’ ibilometero 41,8, iyo bagarukaga uwa kabiri muri bo agikandagiza ipine mu murongo, ni bwo bashiki babo na bo bahitaga bahaguruka bagakora iyo ntera.
Bakareba igihe umukinnyi wa kabiri mu bagore yahagereye, babaze kuva igihe abagabo bahagurukiye.
Abakinnyi 90 bo mu makipe 15 nibo bitabiriye uyu munsi aho banyuze mu nzira ya: KCC- RDB Ku Gishushu- Chez Lando- Prince House- Sonatubes- Nyanza ya Kicukiro- Kugaruka Sonatubes- Rwandex- Kanogo- Mediheal- Kwa Mignone- Ku Muvunyi- KCC, ireshya na kilometero 41.8
Ikipe y’Igihugu ya Benin niyo yabimburiye izindi saa saba n’iminota 45, abagabo batatu barahaguruka, abakobwa bayo bo bagombaga gutegereza igihe umukinnyi wa kabiri mu bagabo wa Benin aba agikandagiza ipine mu murongo, agaruka.
Saa saba n’iminota 57, nibo abagabo bagize Team Rwanda, Byukusenge Patrick, Nkundabera Eric na Uwiduhaye Mike bahagurutse.
Iyi yahabwaga amahirwe kuko ni yo ibitse umudali wa Zahabu mu gusiganwa n’igihe abagabo bavanze n’abagore muri Shampiyona Nyafurika, aho yawegukaniye muri Kenya muri Kanama 2024.
Byukusenge Patrick na Nkundabera Eric nibo bageze kuri Kigali Convention Center bari kimwe nyuma yo gukoresha iminota 29,20, ibihe bitari byiza ku makipe yari yababanjirije arimo Uganda na Ethiopia.
Ikipe y’Igihugu ya Australia yari ibitse umudali wa Zahabu wa 2024, abagabo bayo bahagurutse saa cyenda n’iminota 50, iba iya nyuma ihagurutse.
Mu muhanda byari byagoranye kuko amakipe 9 yo nyine niyo yari afite abakobwa n’abahugu bageze ku murongo.
Ikipe ya Australia yaje kwitwara neza kuko abagore n’abakobwa bakoresheje iminota 54, amasegonda 30 n’ibyijana 47 mu ntera y’ibilometero 41,8, bisibiza umudali wa Zahabu bari babitse.
Iyi kipe yakurikiwe n’u Bufaransa bwaje ku mwanya wa kabiri burushwa amasegonda atanu, u Busuwisi buza ku mwanya wa gatatu burushwa amasegonda 10.
Ikipe y’u Rwanda yo yaje ku mwanya wa 11 irushwa iminota 8 n’amasegonda 38 n’ikipe ya mbere.
Ku wa Kane tariki ya 25 Nzeri 2025, Shampiyona y’Isi y’Amagare izakomeza hatangira amasiganwa yo mu muhanda (Road Race), abakinnyi bose bagendera hamwe mu gikundi mu byiciro bitandukanye.
Hazakinwa isiganwa ry’abakobwa bari munsi y’imyaka 23 y’amavuko aho bazakora intera y’ibilometero 119.3, bahagarukiye kuri Kigali Convention Center abe ari naho bazasoreza.






MUGIRANEZA Thierry/ UMUSEKE.RW


